Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwashyiriyeho abakinnyi b’iy’ikipe akayabo ka Miliyone 4 kuri buri mukinnyi mu gihe basezerera ikipe ya Pyramids Fc yo mu Misiri mu mikino ibiri bafitanye muri CAF Champiyons League.
Umukino ubanza utegerejwe tariki 14 Nzeri 2024, ukazabera kuri Stade Amahoro ndetse amatike akaba yaramaze kujya hanze aho itike ihenze y’abantu 8 yaguragura ibihumbi 900 ndetse zamaze gushira Frw.
Ubuyobozi bwa APR FC bwashyiriyeho buri mukinnyi miliyoni 4 mu gihe baba basezereye iy’ikipe yo mu misiri ikunze kubagora cyane.
Ibi bije nyuma y’uko APR FC isezerera Azam FC, buri mukinnyi yahawe ibimbi 500 Frw, ikipe basezereye mu ijonjora ry’ibanze.
Mu mikino ibiri iheruka guhuza amakipe yombi muri 2023, banganyirije i Kigali 0-0, mu gihe umukino wo kwishyura wabereye mu Misiri APR FC yanyagiwe ibitego 6-1.
Ikipe izarokoka mu mikino ibiri izahita ibona itike yo kujya mu matsinda ya CAF Champions League.
Abakinnyi ba APR Fc batarimo abahamagawe mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ bakomeje gukora imyitozo yo kwitegura uyu mukino na Pyramids Fc.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…