IMIKINO

APR FC yashyiriweho agatubutse nibasezerera Pyramids Fc muri CAF Champions League

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwashyiriyeho abakinnyi b’iy’ikipe akayabo ka Miliyone 4 kuri buri mukinnyi mu gihe basezerera ikipe ya Pyramids Fc yo mu Misiri mu mikino ibiri bafitanye muri CAF Champiyons League.

Advertisements

Umukino ubanza utegerejwe tariki 14 Nzeri 2024, ukazabera kuri Stade Amahoro ndetse amatike akaba yaramaze kujya hanze aho itike ihenze y’abantu 8 yaguragura ibihumbi 900 ndetse zamaze gushira Frw.

Ubuyobozi bwa APR FC bwashyiriyeho buri mukinnyi miliyoni 4 mu gihe baba basezereye iy’ikipe yo mu misiri ikunze kubagora cyane.

Ibi bije nyuma y’uko APR FC isezerera Azam FC, buri mukinnyi yahawe ibimbi 500 Frw, ikipe basezereye mu ijonjora ry’ibanze.

Mu mikino ibiri iheruka guhuza amakipe yombi muri 2023, banganyirije i Kigali 0-0, mu gihe umukino wo kwishyura wabereye mu Misiri APR FC yanyagiwe ibitego 6-1.

Ikipe izarokoka mu mikino ibiri izahita ibona itike yo kujya mu matsinda ya CAF Champions League.

Abakinnyi ba APR Fc batarimo abahamagawe mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ bakomeje gukora imyitozo yo kwitegura uyu mukino na Pyramids Fc.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago