IMIKINO

Ntwari Fiacre wiswe intwari y’Abanyarwanda ku mukino wabahuje na Nigeria yasobanuye icyatumye bitwara neza

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu Ntwari Fiacre yagiye agarukwaho cyane mu bakinnyi bakinnyi umukino u Rwanda rwanganyijemo na Nigeria mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika, aho Abanyarwanda rwose batatinyutse kuvuga ko yababereye Intwari.

Ntwari wagoye abakinnyi ba Super Eagles ya Nigeria dore ko yakuyemo imipira yaganaga mu izamu icyenda yose, nyuma y’umukino yagize icyo ahishura ku ikipe y’Igihugu n’impamvu ari kwitwara neza, asobanura byose biri guterwa n’umutoza mwiza bafite kuri ubu ndetse n’amakipe meza bamwe bakinamo aribyo biri kubafasha.

Mu kiganiro kigufi yagiranye n’itangazamakuru Ntwari yagize ibyo asobanura ku inota rimwe bagabanye n’ikipe y’igihugu ya Nigeria ‘Super Eagles’.

Yagize ati “Nigeria ni ikipe ikomeye muri Afurika ariko twari twavuze ko umusaruro mubi twagira ari ukunganya. Icyamfashije ni ukwitera imbaraga kuko nagombaga kwerekana ko ndi umukinnyi ukomeye mu gihe ndi gukina n’ikipe nziza.”

Abajijwe niba ntagihunga bari bafite kuri Nigeria cyane ko ari ikipe ifite abakinnyi bakomeye kandi bakina ku mugabane w’i Burayi Ntwari yavuze ko ntacyo kuko nabo bafite bamwe mu bakinnyi bakina i Burayi.

Ati “Nta gihunga bidutera kuko natwe tumaze kugira abakinnyi bakomeye i Burayi kandi iyo turi mu kibuga tuba turi bamwe rero nta gikomeye cyatuma twikanga rwose.”

Ntwari yabajijwe ikintu cyahindutse mu ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.

Ati “Dufite umutoza mwiza aradufasha akaduhagarika neza mu kibuga. Icya kabiri, Minisiteri na Federasiyo biri kutuba hafi haba mu mibereho ndetse no mu byo tugenerwa nk’abakinnyi.”

Ntwari kandi yasobanuye ko gukinira imbere y’Umukuru w’Igihugu byabongereye imbaraga.

Ati “Mbere y’umukino bari batubwiye ko Nyakubahwa aza kureba umukino kandi nabyo n’izindi mbaraga. Twari twavuze ko tutagomba gutsindirwa imbere ye.”

Amavubi azagaruka muri iyi mikino mu Ukwakira 2024, aho tariki ya 7 Ukwakira azasura Benin, mu gihe ku wa 15 Ukwakira Amtvubi azakira Benin kuri Stade Amahoro.

Umukino wahuje Amavubi na Super Eagles wakurikiwe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame muri Stade Amahoro
Umukino warangiye u Rwanda ruganyije na Nigeria ubusa ku busa
Umukino wasabaga ingufu ku mpande zombi
Abanyarwanda bari baje gushyigikira ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ ku bwinshi

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

21 mins ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

2 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

2 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

2 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

23 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

1 day ago