Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakoze impinduka muri guverinoma, aho yashyizeho Minisitiri w’Uburezi mushya Joseph Nsengimana.
Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe bivuga ko hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo ya 116 na 112.
None kuwa 11 Nzeri 2024, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikira:
1. Bwana Joseph Nsengimana yamugize Minisitiri w’Uburezi
2. Bwana Twagirayezu Gaspard agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure.
3. Madamu Nelly Mukazayire amugira Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.
Bwana Joseph Nsengimana wagizwe Minisitiri w’Uburezi yarasanzwe ari umuyobozi mukuru mu kigo mpuzamahanga cya Master Card ku bigendanye no kwigisha udushya mu myigire.
Twagirayezu Gaspard wagizwe umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe isanzure niwe wari Minisitiri w’Uburezi.
Nelly Mukazayire wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo yarasanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).
Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…
Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…
Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…