RWANDA

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Uburezi mushya

Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yakoze impinduka muri guverinoma, aho yashyizeho Minisitiri w’Uburezi mushya Joseph Nsengimana.

Advertisements

Mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe bivuga ko hashingiwe ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo ya 116 na 112.

None kuwa 11 Nzeri 2024, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikira: 

1. Bwana Joseph Nsengimana yamugize Minisitiri w’Uburezi 

2. Bwana Twagirayezu Gaspard agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure.

3. Madamu Nelly Mukazayire amugira Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.

Bwana Joseph Nsengimana wagizwe Minisitiri w’Uburezi yarasanzwe ari umuyobozi mukuru mu kigo mpuzamahanga cya Master Card ku bigendanye no kwigisha udushya mu myigire.

Twagirayezu Gaspard wagizwe umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe isanzure niwe wari Minisitiri w’Uburezi.

Nelly Mukazayire wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo yarasanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB).

Bwana Joseph Nsengimana yagizwe Minisitiri w’Uburezi
Twagirayezu Gaspard yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Isanzure
Nelly Mukazayire yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago