Kuva mu ntangiriro za 2024, umudipolomate yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakusanyije miliyoni z’amadolari y’inyongera y’inkunga mu by’ubuzima hagamijwe gushimangira imikorere ya laboratoire, kongera inkunga ku bakozi mu by’ubuzima no gushyiraho gahunda zateguwe zo kubona inkingo ku bazikeneye no kwirinda ikwirakwizwa ry’indwara.
Ambasaderi wa Amerika muri DRC, Lucy Tamly yagize ati “Nejejwe no kubamenyesha ko impano y’inkingo 50.000 za monkeypox (mpox) zaturutse muri Amerika zageze uyu munsi (ku wa Kabiri, itariki 10 Nzeri) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo,”
Ambasaderi Lucy Tamly yongeye gushimangira icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo gushyigikira DRC no gufatanya n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu guca icyorezo cy’ubushita bw’inkende kiriho no kurengera imibereho myiza n’ubuzima bw’abatuye ako karere.
Ku bwe, kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyigikira DRC mu kurwanya ubushita bw’inkende biri mu rwego rw’ubufatanye mu by’ubuzima bumaze imyaka ibarirwa muri za mirongo aho ibihugu byombi bifatanya mu kurwanya indwara zitandukanye zica nka malariya, igituntu, VIH na ebola.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…