MU MAHANGA

RD Congo yakiriye impano y’inkingo z’ubushita bw’inkende zaturutse muri Amerika

Kuva mu ntangiriro za 2024, umudipolomate yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakusanyije miliyoni z’amadolari y’inyongera y’inkunga mu by’ubuzima hagamijwe gushimangira imikorere ya laboratoire, kongera inkunga ku bakozi mu by’ubuzima no gushyiraho gahunda zateguwe zo kubona inkingo ku bazikeneye no kwirinda ikwirakwizwa ry’indwara.

Advertisements

Ambasaderi wa Amerika muri DRC, Lucy Tamly yagize ati “Nejejwe no kubamenyesha ko impano y’inkingo 50.000 za monkeypox (mpox) zaturutse muri Amerika zageze uyu munsi (ku wa Kabiri, itariki 10 Nzeri) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo,” 

Ambasaderi Lucy Tamly yongeye gushimangira icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyo gushyigikira DRC no gufatanya n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu guca icyorezo cy’ubushita bw’inkende kiriho no kurengera imibereho myiza n’ubuzima bw’abatuye ako karere.

Ku bwe, kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyigikira DRC mu kurwanya ubushita bw’inkende biri mu rwego rw’ubufatanye mu by’ubuzima bumaze imyaka ibarirwa muri za mirongo aho ibihugu byombi bifatanya mu kurwanya indwara zitandukanye zica nka malariya, igituntu, VIH na ebola.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago