RWANDA

RwandAir yasubitse ingendo yakoreraga muri Kenya

Guhera kuri uyu wa 11 Nzeri 2024, Sosiyete Nyarwanda ikora Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandaAir, yatangaje ko yabaye isubitse ingendo zayo muri Kenya kubera imyigaragambyo ikomeje gukorwa na n’abakozi ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta.

Advertisements

Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa ‘X’ RwandaAir yaniseguye ku bagenzi bagizweho ingaruka n’iri subikwa ry’ingendo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi amagana b’iki Kibuga cy’indege bazindutse bigaragambya bamagana ko Leta yakodesha iki kibuga ikompanyi yo mu Buhinde yitwa Adani Group.

Kenya Airways, nayo yasohoye itangazo rivuga ko bitewe n’iyo myigaragambyo iri ku kibuga cy’indege habayeho gukererwa no guhagarika ingendo zimwe zayo zari zitegenijwe ku bagezi bahava n’abahagera.

Indege nyinshi zasubitse ingendo, abakozi bakira abagenzi mu bice bitandukanye by’iki kibuga bahagaritse gukora kuva saa sita z’ijoro ryacyeye

Ihuriro ry’abakora mu by’indege rya Kenya ryavuze  ko rizakora imyigaragambyo ihoraho nyuma y’uko Leta yanze gutangaza amakuru yose agize amasezerano yo gukodesha iki kibuga cy’indege Adani Group.

Perezida wa Kenya William Ruto, yatangaje ko   Leta idashaka kugurisha iki kibuga, ahubwo igiye kugikodesha n’abikorera kugira ngo bagiteze imbere.

Ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Jomo Kenyatta gifatwa nk’ikibuga gikomeye ku mugabane w’Afurika no ku Isi kuko gishyirwa ku mwanya wa 7 mu bibuga by’indege muri Afurika byakira abagenzi benshi.

Ubushakashatsi bwakozwe mu mpera z’umwaka ushize wa 2023 bwagaragaje ko cyakiriye abagenzi basaga miliyoni 6 n’igice baturutse mu bihugu bisaga 50 bikoresha indege zabyo kuri iki kibuga.

Cyatangiye mu 1958 cyitirirwa uwabaye Perezida wa mbere wa Kenya, Jomo Kenyatta.

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago