IMIKINO

Erik Ten Hag yasubije Cristiano wavuze ko Manchester United idateze kongera gutwara ‘Premier League’

Nyuma y’uko kizigenza Cristiano Ronaldo yongeye kurikoroza akavuga ko Manchester United idateze kongera kwegukana igikombe cya shampiyona, umutoza w’iy’ikipe nawe yamusubije.

Erik Ten Hag kuri ubu ufite mu nshingano zo gutoza ikipe ya Manchester United yasubije Cristiano Ronaldo yigeze no gutoza ubwo yagarukaga mu ikipe.

Cristiano mu kiganiro yashyize hanze yagiranye na Rio Ferdinand bakinanye muri Man United abinyujije ku muyoboro we wa YouTube yavuze ko Manchester United nimba yifuza kongera kwisubiza izina nk’imwe mu makipe akomeye ku Isi, ikwiriye kugenzura byose kuko biragaragara.

Ati “Ikwiriye guhabwa igihe cyo kugenzura byose, kuko n’imwe mu makipe akomeye ku Isi, ikwiriye impinduka. Ikwiriye kubyumva kuko niyo nzira yonyine yabafasha kongera kwisubiza izina ryayo, niyo mpamvu isabwa gukora impinduka yaba muyobozi, mu butoza no mu bikorwaremezo birimo n’umushinga wo gusana ikibuga cya Old Trafford ibintu yishimira.

Uyu mutoza Ten Hag ni umwe mu batigeze bahuza na Cristiano Ronaldo ubwo yagarukaga muri Manchester United.

Mu kumusubiza Erik Ten Hag yagize ati “Ni ibitekerezo bye n’amahitamo ye yo kuvuga icyo ashaka, kuri ubu ari kure y’ikipe ya Manchester United.”

Ati “Cristiano yavuze ko Manchester United idateze kongera gutwara igikombe cya shampiyona, ariko urumva iyo ngingo neza.”

“Kuri ubu Ronaldo ari kure muri Arabia Saoudite, ni kure cyane ya Manchester United. Buri umwe wese yigirira amahitamo ye, ku bw’ibyo ntakibazo.”

Cristiano Ronaldo muri icyo kiganiro yavuze ko yubaha kandi agakunda ikipe ya Manchester United iri mu zamugize uwo ariwe kuri ubu.

Christian

Recent Posts

Polisi y’u Rwanda yitwaye neza mu irushanwa SWAT Challenge i Dubai

Ikipe ya mbere ya Polisi y’u Rwanda (RNP SWAT Team 1) yitabiriye irushanwa ryahuzaga ibihugu…

7 days ago

Bidasubirwaho M23 yafashe ikibuga cy’Indege cya Goma

Umuvugizi w’umutwe wa M23 mu rwego rwa gisirikare, Lt. Col. Willy Ngoma, yatangaje ko bidasubirwaho…

2 weeks ago

CIA yatangaje ko bishoboka cyane ko Covid-19 yaba yarakorewe muri laboratwari

Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe Ubutasi, CIA, rwatangaje ko bishoboka cyane ko…

2 weeks ago

Umuhanzi Jose Chameleone yajyanwe kuvurirwa muri Amerika ku bufasha bwa Perezida

Amakuru yabakurikiranira hafi ubuzima bw'umuhanzi Jose Chameleone wo muri Uganda bemeje ko yamaze kujyanwa kuvurirwa…

2 months ago

Habababyeyi wari umunyamakuru wa RadioTv10 yitabye Imana yaragiye gukora ubukwe

Pascal Habababyeyi wari umunyamakuru wakoreraga Radio/Tv10, yitabye Imana. Yari umwe mu bakoraga muri weekend nk’umwe…

2 months ago

Perezida Neva yongeye kurikoroza nyuma yo kugereranya Banki Nkuru y’igihugu cye n’iy’u Rwanda

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, utajya wiburira yatangaje imbere y'imbaga ko Banki Nkuru y’igihugu cyabo…

2 months ago