IMIKINO

Patriots BBC yatsinze umukino wa mbere mu mikino ya nyuma ya ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Ikipe ya Patriots BBC yabonye intsinzi ya mbere mu mikino ya nyuma ya kamarampaka ‘BetPawa Playoffs’ 2024, nyuma yo gutsinda ikipe ya APR BBC amanota 83-71.

Advertisements

Uyu mukino wabaye ku wa Gatatu, tariki 11 Nzeri 2024 muri BK Arena ahari hateraniye abafana benshi baje kwihera ijisho.

Ni umukino usanzwe ubamo ihanga rikomeye cyane dore ko usigaye uhuruza abafana benshi mu Rwanda muri Basketball by’umwihariko ikaba imikino itanga igikombe cya shampiyona.

Agace ka mbere karangiye, Patriots BBC iyoboye umukino n’amanota 21 kuri 15 ya APR BBC.

Patriots BBC yatangiye agace ka kabiri yongera ikinyuranyo, Hagumintwari Steven na Ndizeye Dieudonné bigaragaje mu gutsinda cyane.

Ku rundi ruhande, Mpoyo na Aliou Diarra bagize amakosa atatu kare bituma bakina iminota mike. Aka gace Patriots BBC yagatsinze ku manota 31 kuri 13 ya APR.

Ni mu gihe, igice cya Mbere cyarangiye, Patriots BBC iyoboye umukino n’amanota 52 kuri 28 ya APR BBC.

Mu gace ka gatatu, Ikipe y’Ingabo yikubise agashyi itangira kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Ntore Habimana na Isaiah Miller.

Aka gace, iyi kipe yagatsinze ku manota 22 kuri 16 ya Patriots. Icyakora Patriots yari ikiyoboye n’amanota 68 kuri 50.

Ibi byatumye agace ka nyuma karyoha kuko APR BBC yazamuye icyizere ikomeza kugabanya ikinyuranyo.

Ikipe y’Ingabo yakomeje gushyiramo imbaraga ari nako igabanya ikinyuranyo, ariko umukino urangira Patriots BBC iyitsinze amanota 83-71 yegukana intsinzi ya mbere mu mikino ya nyuma ya kamarampaka.

Ikipe izatsinda imikino ine ya mbere muri irindwi niyo igomba kwegukana igikombe cya shampiyona. Umukino wa kabiri uteganyijwe kuzaba kuwa gatanu tariki 13 Nzeri 2024.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago