RWANDA

Rusine yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Uwase Iryn

Kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, umunyarwenya Rusine Patrick yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Uwase Iryn yaraherutse kwambika impeta y’urukundo.

Advertisements

Nyuma y’uko ku munsi w’ejo washize, kuwa gatatu, uyu munyarwenya yashyize hanze amwe mu mafoto y’umukunzi agaragaza ko ashobora kuba atwite, aho n’abandi bahise bakeka ko bibarutse imfura byavugishije benshi.

Mu gitondo cyo kuri uyu munsi, batunguranye bombi bagaragaye bagiye mu Murenge gusezerera byemewe n’amategeko.

Ni ibintu byatunguye benshi mu bakurikirana hafi ibya Showbiz by’umwihariko abakurikirana ku mbuga nkoranyambaga uyu munyarwenya utajya wiburira.

Zimwe mu nshuti zabo zatangiye kugenda zibifuriza ishya n’ihirwe mu rugendo batangiye rwo kubana nk’umugabo n’umugore nk’uko byemejwe imbere y’amategeko.

Gusa bamwe bavuga ko impamvu yo gushyira hanze amafoto umugore akuriwe, bidafite byinshi bivuze, ahubwo ababazi bafite amakuru y’uko n’ubundi aba bombi basanzwe bafitanye umwana w’umuhungu witwa Intwali Owen Mael.

Bityo bakabihuza ko ku munsi w’ejo washize bahaga ikaze ku mbuga nkoranyambaga bamukorera urubuga rwa Instagram bise @intwali_Owen_Mael.

Rusine yaherukaga kwambika impeta y’urukundo umukunzi we Uwase Iryn muri Kanama 2024.

Aba bombi baseseraniye imbere y’amategeko mu Murenge wa Kimihurura.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago