Mungo Jitiada, wamenyekanye cyane mu butoza ku izina rya ’Vigoureux’, wafashije abakinnyi benshi bakomeye mu Karere ka Rubavu kugaragaza impano yabo yitabye Imana azize.
Iyi nkuru y’akababaro yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024 aguye mu Bitaro Bikuru bya Gisenyi.
Umutoza ’Vigoureux’, yari amaze igihe kirekire arwaye imitsi, kubura amaraso ndetse na hépatite C kugeza ubwo yamaze igihe kuva mu nzu byarabaye ikibazo gikomeye.
Ubu burwayi bwaje kugenda buhindagurika kuko rimwe na rimwe akaguru kamwe kabaga ‘paralysie’, ikindi gihe kakabyimba.
Vigoureux yari umwe mu batoza bakomeye mu Karere ka Rubavu, azibukirwa kuba yarazamuye abakinnyi bakiri bato bakavamo abakinnyi bakomeye muri Ruhago y’u Rwanda.
Uyu mugabo yakiniye Etincelles igishingwa 1980 na Mbere yaho gato yitwa Pfunda FC.
Mu Rwanda hari amazina y’abakinnyi bakomeye bamunyuze mu biganza nka Niyonzima Haruna ukinira uheruka gutandukana na Rayon Sport mu munsi ishize, Tuyisenge Jacques, Bizimana Djihad ukinira FC Kryvbas yo muri Ukraine, Hakizimana Muhadjiri [Police FC], Nizeyimana Mirafa [wakiniye amakipe arimo Police FC na Zanaco FC], Habimana Hussein, Imanizabayo Florence wakiniye Rayon Sports y’Abagore n’abandi benshi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…