Kizigenza muri ruhago, yaciye agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere urengeje abantu miliyari bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.
Mu bamukurikira harimo abantu miliyoni 639 kuri Instagram, miliyoni 170 kuri Facebook, miliyoni 113 ku rukuta rwa X yahoze ari Twitter, n’abantu barenga miliyoni 60 n’igice bamaze gukora subscribe kuri YouTube.
Ni agahigo yaciye nyuma yo gushinga urubuga rwa YouTube, agahita agira abamukurikira barenga miliyoni mugihe kitarenze isaha imwe n’iminota 30, ibi byahise bituma yongera guca agahigo, no gukomeza kwigwizaho abantu.
Uyu mugabo wagize iginduro biturutse ku guconga ruhago, yahise ashimira abamukurikira abinyujije kuri izo mbuga nkoranyambaga ze.
Cristiano Ronaldo ukomoka muri Portugal, yavuze ko ari inzozi yakabije gukora amateka yo kugira uyu mubare.
Yavuze ko byose yabigezeho abikesha urukundo rw’abamukunda no kumwizera byose biturutse ku mupira w’amaguru.
Ronaldo avuga ko kuva mu mihanda ya Madeira (agace yavukiye) kugeza ku Isi yose, yahoze akinira umuryango we n’abakunzi be.
Ati “Kuva mu mihanda ya Madeira kugeza ku Isi yose, nahoze nkinira umuryango we namwe, none kuri ubu namaze kuzuza miliyari y’abankurikira ku mbuga nkoranyambaga ku bwanyu.”
“Mwabanye nanjye mu ntambwe zose, yaba ubwo nabaga ndi hejuru cyangwa ndi hasi, urugendo rwabaye urugendo, mwanyeretse kutahagarara mu kwesa umuhigo.”
“Ndabashimiye cyane kuba mwaranyizeye, ubufasha bwanyu, no kuba mu buzima bwanjye, ibyiza na n’ubu ntibiraba, tuzakomeza dusunike, dutsinda, dukorane amateka hamwe”.
Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…
Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…