Kizigenza muri ruhago, yaciye agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere urengeje abantu miliyari bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.
Mu bamukurikira harimo abantu miliyoni 639 kuri Instagram, miliyoni 170 kuri Facebook, miliyoni 113 ku rukuta rwa X yahoze ari Twitter, n’abantu barenga miliyoni 60 n’igice bamaze gukora subscribe kuri YouTube.
Ni agahigo yaciye nyuma yo gushinga urubuga rwa YouTube, agahita agira abamukurikira barenga miliyoni mugihe kitarenze isaha imwe n’iminota 30, ibi byahise bituma yongera guca agahigo, no gukomeza kwigwizaho abantu.
Uyu mugabo wagize iginduro biturutse ku guconga ruhago, yahise ashimira abamukurikira abinyujije kuri izo mbuga nkoranyambaga ze.
Cristiano Ronaldo ukomoka muri Portugal, yavuze ko ari inzozi yakabije gukora amateka yo kugira uyu mubare.
Yavuze ko byose yabigezeho abikesha urukundo rw’abamukunda no kumwizera byose biturutse ku mupira w’amaguru.
Ronaldo avuga ko kuva mu mihanda ya Madeira (agace yavukiye) kugeza ku Isi yose, yahoze akinira umuryango we n’abakunzi be.
Ati “Kuva mu mihanda ya Madeira kugeza ku Isi yose, nahoze nkinira umuryango we namwe, none kuri ubu namaze kuzuza miliyari y’abankurikira ku mbuga nkoranyambaga ku bwanyu.”
“Mwabanye nanjye mu ntambwe zose, yaba ubwo nabaga ndi hejuru cyangwa ndi hasi, urugendo rwabaye urugendo, mwanyeretse kutahagarara mu kwesa umuhigo.”
“Ndabashimiye cyane kuba mwaranyizeye, ubufasha bwanyu, no kuba mu buzima bwanjye, ibyiza na n’ubu ntibiraba, tuzakomeza dusunike, dutsinda, dukorane amateka hamwe”.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…