POLITIKE

Perezida Kagame yashimiye Nsengimana Joseph warahiriye kuba Minisitiri w’Uburezi

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, muri Village Urugwiro habereye umuhango wo kwakira indahiro ya Minisitiri w’Uburezi mushya, Nsengimana Joseph. Perezida Kagame amushimira avuga ko indahiro ye ari igihamya cy’uko yemeye izi nshingano nshya yahawe.

Advertisements

Ati “Mu magambo make, kurahira bivuze ko wemeye kandi witeguye gukorera Igihugu muri izi nshingano zigendanye n’ibireba uburezi bw’Igihugu cyacu.”

Perezida Kagame yavuze ko uburezi bw’u Rwanda bumaze gutera imbere n’ubwo hari ibitaragerwaho. Ati “Uburezi bwacu rero bumaze gutera intambwe, ubusanzwe ariko ntabwo buragera aho twifuza cyangwa se bushimishije bitewe n’ibyo tubona hirya no hino.” aha nasabye Minisitiri mushya kuzagira ubufatanye ngo kuko Uburezi atari inshingano zisaba ubufatanye n’uruhare rwa benshi.

Perezida Kagame yashimiye Nsengimana Joseph warahiriye kuba Minisitiri w’Uburezi

Nsengimana yashyizwe muri izi nshingano ku wa Gatatu tariki 11 Nzeri 2024 asimbuye Twagirayezu Gaspard wagizwe Umuyobozi ushinzwe ibyo Isanzure.

Mbere y’uko agirwa Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph yari Umuyobozi wa Mastercard Foundation ishami rishinzwe guhanga udushya mu ikoranabuhanga rikoreshwa mu burezi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago