Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, Perezida wa Sénégal Bassirou Diomaye Faye yatangaje ko yaseshe Inteko Inshinga Amategeko kubera ko abari bayigize batavugaga rumwe n’ubutegetsi.
Faye yahise atangaza ko amatora yo gusimbuza abagize inteko yasheshwe azaba ku wa 17 Ugushyingo uyu mwaka.
Mu ijambo rye yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Sénégal yavuze ko yifuza kugira inteko imufasha gusohoza imigambi yasezeranije igihugu.
Ati: “Nsheshe inteko ishinga amategeko kugira ngo nzageze ku baturage impinduka zifatika natanze isezerano ryo gutanga”.
Faye w’imyaka 44 yagiye ku butegetsi mu kwezi kwa Gatatu (3) uyu mwaka asezeranya abaturage kuzana impinduka zidasanzwe mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Izo mpinduka yifuza zirimo guhashya ruswa mu mezi atandatu ashize zagiye zihura n’imbogamizi zitandukanye, zirimo kutagira ubwiganze mu nteko ishinga amategeko.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…