IMIKINO

Umunyamakuru ‘Wazili’ yatangaje ko APR Fc nijya mu matsinda ya CAF Champions League azahita ayifana

Umunyamakuru akaba n’umukunzi w’ikipe ya Rayon Sports Uwizeyimana Sylvestre bitira akazina ka ‘Wazili’ yatangaje ko APR Fc niramuka igeze mu matsinda ya CAF Champions League azahita ayifana.

‘Wazili’ wabaye wmunyamakuru wa RadioTv10, akaza guhabwa akazi mu ikipe ya Rayon Sports yarasanzwe ari umukunzi wayo, yavuze ko APR Fc bigoye ko yakwisanga mu matsinda ya CAF Champions League kuko gusezerera ikipe ya Pyramids Fc ari nk’inzozi.

Mu kiganiro yatanze ku inyarwanda, Sylvestre yanahishuye ko mugihe APR Fc yaramuka igeze mu matsinda ya CAF Champions League uyu mwaka azemerera kwishyurira abantu 100 ubwisungane mu kwivuza (Mutuel de Sante).

Ati “Eehh nabikubwiye amatsinda yo bazaba bayarimo, eeh y’uburyo bicara muri stade, n’uburyo abakinnyi bazaba bicaye mu ndege nayo, ni amatsinda, ariko itsinda rya CAF Champions League kugira ngo barijyemo, barasabwa gutakirwa izamu n’intumwa Petero ku ruhande rumwe, urundi ari intumwa Yohana wabatije Yesu, na Yesu akabatakira imbere y’izamu numero 10 ikaba ari Messi ari uri kumuha imipira, Usain Bolt ari kuri kabiri, gatatu hariho Ombolenga Fitina.”

Wazili avuga ko mugihe batazakora iyo mibare nk’uko yayivuze APR Fc idateze kujya mu matsinda ya CAF Champions League.

Umunyamakuru yahise abaza ‘Wazili’ APR Fc mugihe yaramuka igiye mu matsinda yazakora iki?

Wazili ati “Reka nkubwize ukuri, APR FC nijya mu matsinda ya CAF Champions League nzahita nyifana.”

Aha niho yahise avuga ko uretse no kuba azahita aba umukozi wa Rayon Sports ufana APR Fc, azahita anagurira abantu batishoboye 100 ubwisungane mu kwivuza (Mutuel de Sante).

APR Fc ifite umukino utoroshye kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Nzeri 2024, na Pyramids Fc yo mu Misiri mu mukino wa kabiri w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League.

Ni umukino uzatangira ku isaha ya Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba 18h00, kuri Stade Amahoro i Remera.

Iyi Pyramids Fc niyo yasezereye ikipe ya APR Fc mu irushanwa rya CAF Champions League umwaka ushize iyandagaje nyuma yo kuyitsinda ibitego 6-0.

Christian

Recent Posts

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

12 mins ago

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje…

2 hours ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

1 day ago