IMIKINO

Yannick Mukunzi nyuma yo kubagwa haricyo yasabye abakunzi be

Umukinnyi w’Umunyarwanda Yannick Mukunzi ukinira Sandvikens IF mu cyiciro cya kabiri muri Sweden, yabazwe imvune yo mu ivi, avuga ko byagenze neza kandi ashima Imana.

Yannick Mukunzi aheruka mu kibuga tariki ya 16 Kamena mu mukino batsinzemo Oddevold 2-0. Yinjiye mu kibuga ku munota wa 62.

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati akaba yaraje kugira imvune yatumye atongera kugaragara mu kibuga.

Mukunzi Yannick wagize ikibazo cyo mu ivi, akaba yamaze kubagwa iyi mvune aho yasabye amasengesho abakunzi be.

Ati “Muraho bantu banjye. Nagira ngo mbamenyeshe ko mu kwezi gushize nagize imvune yatumye ntagaraga mu ikipe yanjye mu mikino ishize twakinnye, benshi bambajije impamvu ntakina, impamvu ni uko nari ntegereje igisubizo cya nyuma cy’abaganga ariko uyu munsi bambaze kandi byagenze neza. Imana ni nziza ibihe byose, ndagukunda Yezu.”

Yahise yifashisha umurongo wo mu Bakorinto ba 2, 5:7 uvuga uti “tuyoborwa no kwizera, ntabwo ari ibyo tubona.” Yasoje agira ati “munsengere.”

Iyi ni imvune ya kabiri ikomeye Yannick Mukunzi agize, ni nyuma y’iyo yagize Kwakira 2021, iyi mvune na yo mu ivi byabaye ngombwa ko bamubaga, yarakiraga akongera agatonekara, yaje gukira neza muri 2024 ari na bwo yatangiye gukinira ikipe ya Sandvikens IF yari yazamutse mu cyiciro cya kabiri.

Abazwe nyuma y’uko ku Cyumweru gishize yabatijwe akakira agakiza akemera kwakira Yezu nk’umwami n’umukiza w’ubugingo bwe.

Yannick Mukunzi yamaze kubagwa

Christian

Recent Posts

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

16 hours ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

18 hours ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

18 hours ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

2 days ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

2 days ago