MU MAHANGA

Zambia: Umugaba Mukuru w’ingabo Sitali Dennis Alibuzwi yasimbujwe

Kuwa Kane, tariki 12 Nzeri 2024, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’igihugu, amusimbuza uwari umwungirije.

Advertisements

“Perezida Hakainde Hichilema yashyize mu bikorwa ibiteganywa mu ngingo ya 91 (1) y’Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Zambia ryatowe atongera amasezerano yo gushyiraho Lt. Gen. Sitali Dennis Alibuzwi nk’Umugaba Mukuru w’ingabo za Zambia. 

Perezida arashimira umugaba w’ingabo ucyuye igihe ku mwuga we wihariye mu gisirikare cya Zambia kandi amwifuriza imigisha y’Imana mu gihe agitegereje koherezwa mu mirimo ya dipolomasi, “ibi bikaba byavugiwe mu murwa mukuru Lusaka n’Ushinzwe itumanaho muri Perezidansi, Clayson Hamasaka.

Kuri uwo munsi, Hichilema yarahije Maj. Gen. Geoffrey Zyeele muri perezidansi i Lusaka, aho Hamasaka yongeraho ko gushyirwaho no kuzamurwa mu ntera byari mu kubahiriza ibiteganywa mu ngingo ya 165 (1) y’Itegeko rigenga ingabo, igika cya 106 cy’amategeko ya Zambia no mu ngingo ya 91 (1) y’Itegeko Nshinga ry’igihugu.

Hamasaka akomeza agira ati: “Kuva ubwo Perezida yashyizeho Maj. Gen. Geoffrey Zyeele nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Zambia, ahita amuzamura ku ipeti rya Lt. General mu Ngabo za Zambia”.

Yavuze ko Hichilema yashyizeho kandi Brig. Gen. Luswepo Sinyinza nk’Umugaba wungirije w’Ingabo kandi amuzamura mu ntera ku ipeti rya Major General.

Hamasaka yagize ati: “Gushyirwaho no kuzamurwa mu ntera ni ugukurikiza ibiteganywa mu ngingo ya 91 (1) n’ingingo ya 92 (2) (e) y’Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Zambia.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago