MU MAHANGA

Zambia: Umugaba Mukuru w’ingabo Sitali Dennis Alibuzwi yasimbujwe

Kuwa Kane, tariki 12 Nzeri 2024, Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’igihugu, amusimbuza uwari umwungirije.

“Perezida Hakainde Hichilema yashyize mu bikorwa ibiteganywa mu ngingo ya 91 (1) y’Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Zambia ryatowe atongera amasezerano yo gushyiraho Lt. Gen. Sitali Dennis Alibuzwi nk’Umugaba Mukuru w’ingabo za Zambia. 

Perezida arashimira umugaba w’ingabo ucyuye igihe ku mwuga we wihariye mu gisirikare cya Zambia kandi amwifuriza imigisha y’Imana mu gihe agitegereje koherezwa mu mirimo ya dipolomasi, “ibi bikaba byavugiwe mu murwa mukuru Lusaka n’Ushinzwe itumanaho muri Perezidansi, Clayson Hamasaka.

Kuri uwo munsi, Hichilema yarahije Maj. Gen. Geoffrey Zyeele muri perezidansi i Lusaka, aho Hamasaka yongeraho ko gushyirwaho no kuzamurwa mu ntera byari mu kubahiriza ibiteganywa mu ngingo ya 165 (1) y’Itegeko rigenga ingabo, igika cya 106 cy’amategeko ya Zambia no mu ngingo ya 91 (1) y’Itegeko Nshinga ry’igihugu.

Hamasaka akomeza agira ati: “Kuva ubwo Perezida yashyizeho Maj. Gen. Geoffrey Zyeele nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Zambia, ahita amuzamura ku ipeti rya Lt. General mu Ngabo za Zambia”.

Yavuze ko Hichilema yashyizeho kandi Brig. Gen. Luswepo Sinyinza nk’Umugaba wungirije w’Ingabo kandi amuzamura mu ntera ku ipeti rya Major General.

Hamasaka yagize ati: “Gushyirwaho no kuzamurwa mu ntera ni ugukurikiza ibiteganywa mu ngingo ya 91 (1) n’ingingo ya 92 (2) (e) y’Itegeko Nshinga rya Repubulika ya Zambia.”

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago