POLITIKE

U Rwanda na DR Congo byongeye guhurira i Louanda mu kibazo cy’umutekano hagati y’ibihugu byombi

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki 14 Nzeri 2024, Leta y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zahuriye mu bindi biganiro by’inyabutatu bigamije gukemura ibibazo bya Politiki bimaze igihe hagati y’ibihugu byombi.

Ni ibiganiro biri kubera i Luanda muri Angola.

Ku ruhande rw’u Rwanda byitabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe.

Minisitiri Nduhungirehe mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko ibi biganiro biri kuba ku nshuro ya kane bigahuza intumwa z’ibihugu bitatu (u Rwanda, RDC na Angola kugeza ubu zamaze kwerekana umwuka wubaka, “birubakira ku bikorwa by’ingenzi byagezweho na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahaga ndetse n’abakuriye ubutasi mu mezi atandatu ashize”

Guverinoma ya RDC biciye muri Minisitiri w’Itumanaho akanaba umuvugizi wayo, Patrick Muyaya, aherutse gutangaza ko ingingo zirimo iyo “gusenya umutwe wa FDLR no gucyura ingabo” ari zo zimaze igihe ziganirwaho i Luanda.

U Rwanda rushinja RDC kuba imaze igihe ikorana n’uyu mutwe ugambiriye kuruhungabanyiriza umutekano, na yo ikarushinja gushyigikira umutwe wa M23 umaze imyaka irenga ibiri mu mirwano n’ingabo zayo.

Amakuru avuga ko hagati y’itariki ya 29 n’iya 30 Kanama abakuriye ubutasi muri biriya bihugu uko ari bitatu bahuriye i Rubavu, mu nama bemerejemo uko gahunda yo gusenya FDLR izakorwa, zinategura raporo zasabwaga gushyikiriza abaminisitiri bo muri ibi bihugu.

Ibiganiro bya Luanda byatangijwe na Perezida wa Angola, João Lourenço, mu 2022 ubwo umwuka mubi watutumbaga mu mubano w’u Rwanda na RDC. Umutwe witwaje intwaro wa M23 na FDLR ni izingiro ry’amakimbirane y’ibi bihugu.

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

4 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

6 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

23 hours ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago