INKURU ZIDASANZWE

Injangwe yari ishaje kurusha izindi ku Isi yapfuye

Injangwe bikekwa ko ariyo yari ikuze cyane mu kuramba ku Isi yapfuye ku myaka 33.

Iyi Njangwe yari yarahawe akazi ka Rosie yapfiriye mu rugo rw’umubyeyi, witwa Lila Brisset w’imyaka 73 i Norwich muri Norfolk mu gihugu cy’u Bwongereza ku cyumweru.

Kuri ubu byari bitaremezwa ko iyi Njangwe ariyo ikuze cyane, kuko yavutse mu 1991, mugihe iyarizwi ku izina rya Flossie guturuka Kent yavutse mu mwaka 1995 ariyo yari izwi ku myaka 28 yarimaze ku Isi.

Rosie yujuje imyaka 33 kuya 1 Kamena uyu mwaka ari nawo ipfiriyemo.

Amakuru agendanye no gupfa kwayo yamenyekanye ubwo Lila yandikaga ku mbuga nkoranyambaga avuga agahinda yatewe no kubura injangwe yakundaga kandi yari arambanye nayo.

Lila arikumwe n’injangwe ye

Ati “Ndayikumbuye cyane, ntabwo yari yorohewe ndizera ko umunsi umwe izongera ikagendera mu nzira z’inyubako yayo, byarangiye kandi wigendeye.”

“Ndatekereza hari byinshi nyibukiraho byiza, ndishimira ko nabanye nayo hamwe.”

Lila yahishuye ko yahisemo kubana n’iyi Njangwe mu kinyejana cya 90′ nyuma y’uko mu muryango we hari habaye ibibazo byo kubura umuryango harimo n’umwana we warwaye indwara ituruka mu buhumekero ya ‘allergie’.

Lila warumaze gupfakara yahisemo guhita azana iyo Njangwe mu nzu ye bibanira gutyo.

Rosie imaze gusaza, uyu mubyeyi ngo yaje gutangira kugira ubwoba bw’uko yaba yegereje gupfa.

Injangwe yiswe Rosie ubwo yakorerwaga ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 32

Lila yagize ati “Nakunze akenshi kujya nsuzuma ndeba ko yaba igihumeka, nari mfite icyuho cy’uko yazansiga njyenyine rwose.”

“Nzahora nyikumbura ibihe byose, si nzigera nemera ko yajya hasi.”

Nk’uko Guinness World Record ibitangaza ivuga ko ubusanzwe injangwe ikuze kurusha izindi kuri ubu mu guca ako gahigo ifite imyaka 27.

Christian

Recent Posts

Rusizi: Yafashwe yaramaze gucucura abaturage yigize umukozi wa REG

Umugabo wo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano…

15 hours ago

UEFA Champions League: Amakipe amwe yatangiye irushanwa ahabwa isomo rya ruhago

Mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, nibwo hatangiraga amarushanwa ya UEFA Champions…

18 hours ago

KNC yatumiye abafana ba APR Fc ku mukino afitanye na Rayon Sports kuko azabahoza amarira

Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi…

1 day ago

CAF CL: APR Fc yerekeje mu Misiri gukina umukino w’imibare

Ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC yamaze gutangira urugendo rwerekeza mu Misiri kujya gukina umukino wa…

1 day ago

RIB yerekanye agatsiko k’abantu 6 bakoze ubujura bw’imodoka

Urwego rw'igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, rwerekanye agatsiko k'abantu…

2 days ago

‘Ntawarushije Diamond Platnumz kundyohereza’ – Zari yacyeje Diamond Platnumz banabyaranye

Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo…

2 days ago