INKURU ZIDASANZWE

Rusizi: Yakubise ishoka mu mutwe umubyeyi we amwitiranyije n’ikidayimoni

Umusore w’imyaka 26 wo mu Karere ka Rusizi akurikiranyweho gukubita se umubyara ishoka mu mutwe, nyuma yo kumwitiranya n’ikidayimoni ngo cyamukobaga gishaka kumuniga.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Nyabintare, Akagari ka Rwenje mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi.

Amakuru avuga ko atari ubwa mbere uwo musaza w’imyaka 65 akomerekejwe n’uwo muhungu yibyariye.

Uwo musore avuga ko se amuroga, bakamugaburira ibiryo yatongereye maze bikamugiraho ingaruka, bikanamutera imyitwarire mibi atiyumvagamo.

Ni mu gihe bamwe mu baturanyi bavuga ko urwo rugo ruberamo ibisa n’amayobera, kuko ibikorwa nk’ibyo atari ubwa mbere bihabereye.

Umwe ati ”Ni ubwa kabiri uriya mwana akomerekeje se, kuko ubwa mbere yamukubise ikibando amukomeretsa cyane ku kuboko. Na bwo, ngo yumvaga ko ari ikidayimoni kije kumuniga, aragikomeretsa.”

Icyo gihe ngo abayeyi be batakambiye ubuyobozi, basaba ko umwana wabo atafungwa kubera icyo cyaha yari yakoze.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwenje, Nsengiyumba Alfred, yemereye bagenzi bacu bo mu Imvaho Nshya ko uwo musore yakubise se ishoka mu mutwe.

Ubwo yafatwaga, ngo yamubwiye ko yabatuye ishoka kubera ko yabonaga ikidayimoni gishaka kumuniga, maze aragitanga acyasa nk’uwasa urukwi.

Yavuze ko yamenye ko ari se, agaruye ubwenge abona avirirana amaraso mu mutwe, ndetse abantu buzuye aho induru zivuga.

Gitifu avuga ko uwo musore ashobora kuba afite ikibazo cyo mu mutwe, ngo agira n’igihe yikubita hasi bikavugwa ko arwaye igicuri.

Uyu musaza yagejejwe ku kigo Nderabuzima cya Nkombo basanga yakomeretse bikabije, bamwohereza ku Bitaro bya Gihundwe, na byo bimwohereza mu Bitaro bya CHUB mu Karere ka Huye.

Kuri ubu uyu musore afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nkombo mu gihe hagikorwa iperereza na dosiye ye ngo byoherezwe mu bushinjacyaha.

Src: UMUSEKE

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

17 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

17 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

18 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

18 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago