INKURU ZIDASANZWE

Rusizi: Yakubise ishoka mu mutwe umubyeyi we amwitiranyije n’ikidayimoni

Umusore w’imyaka 26 wo mu Karere ka Rusizi akurikiranyweho gukubita se umubyara ishoka mu mutwe, nyuma yo kumwitiranya n’ikidayimoni ngo cyamukobaga gishaka kumuniga.

Advertisements

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Nyabintare, Akagari ka Rwenje mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi.

Amakuru avuga ko atari ubwa mbere uwo musaza w’imyaka 65 akomerekejwe n’uwo muhungu yibyariye.

Uwo musore avuga ko se amuroga, bakamugaburira ibiryo yatongereye maze bikamugiraho ingaruka, bikanamutera imyitwarire mibi atiyumvagamo.

Ni mu gihe bamwe mu baturanyi bavuga ko urwo rugo ruberamo ibisa n’amayobera, kuko ibikorwa nk’ibyo atari ubwa mbere bihabereye.

Umwe ati ”Ni ubwa kabiri uriya mwana akomerekeje se, kuko ubwa mbere yamukubise ikibando amukomeretsa cyane ku kuboko. Na bwo, ngo yumvaga ko ari ikidayimoni kije kumuniga, aragikomeretsa.”

Icyo gihe ngo abayeyi be batakambiye ubuyobozi, basaba ko umwana wabo atafungwa kubera icyo cyaha yari yakoze.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwenje, Nsengiyumba Alfred, yemereye bagenzi bacu bo mu Imvaho Nshya ko uwo musore yakubise se ishoka mu mutwe.

Ubwo yafatwaga, ngo yamubwiye ko yabatuye ishoka kubera ko yabonaga ikidayimoni gishaka kumuniga, maze aragitanga acyasa nk’uwasa urukwi.

Yavuze ko yamenye ko ari se, agaruye ubwenge abona avirirana amaraso mu mutwe, ndetse abantu buzuye aho induru zivuga.

Gitifu avuga ko uwo musore ashobora kuba afite ikibazo cyo mu mutwe, ngo agira n’igihe yikubita hasi bikavugwa ko arwaye igicuri.

Uyu musaza yagejejwe ku kigo Nderabuzima cya Nkombo basanga yakomeretse bikabije, bamwohereza ku Bitaro bya Gihundwe, na byo bimwohereza mu Bitaro bya CHUB mu Karere ka Huye.

Kuri ubu uyu musore afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nkombo mu gihe hagikorwa iperereza na dosiye ye ngo byoherezwe mu bushinjacyaha.

Src: UMUSEKE

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago