MU MAHANGA

Umuraperi w’umuherwe Jay-Z ashobora kwegukana ikipe ya Everton

Umuhanzi w’umuraperi ukomoka muri Amerika Shawn Corey Carter wamenyekanye nka Jay-Z arifuza kugura ikipe ya Everton yo mu Bwongereza muri English Premier League, aho yifuza kuyitangaho agera kuri Miliyari ebyiri  z’Amapawundi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru The Sun kiravuga ko Jay-Z umenyerewe mu njyana ya Hip Hop arifuza ikipe Everton iri mu bibazo dore ko yatangiye shampiyona nabi cyane.

Everton iri ku mwanya wa nyuma muri shampiyona y’Ubwongereza igeze ku munsi wa kane, ikaba nta nota ifite ndetse n’umwenda w’ibitego 9.

Biravugwa ko Jay-Z yiteguye gutanga Miliyari ebyiri z’amapawundi kugira ngo yegukane iyi kipe imwe muzifite abafana benshi mu Bwongereza.

Kurundi ruhande ntago ari uyu muhanzi wifuza Everton gusa, kuko na John Textor usanzwe afite ikipe ya Olympique Lionnais yo mu bufaransa, ndetse akaba nyiri Kampani ya (Eagle Football Holdings Ltd) isanzwe ifite imigabane mu ikipe ya Crystal Palace, nawe arifuza kugura ikipe ya Everton.

Everton yashinzwe mu 1878, ikiba ibarizwa mu gace ka Merseyside, ikinira ku kibuga Goodison Park kuva 1892 ndetse ikaba ifite ibikombe 9 bya shampiyona y’Ubwongereza.

Christian

Recent Posts

Rusizi: Yafashwe yaramaze gucucura abaturage yigize umukozi wa REG

Umugabo wo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano…

15 hours ago

UEFA Champions League: Amakipe amwe yatangiye irushanwa ahabwa isomo rya ruhago

Mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, nibwo hatangiraga amarushanwa ya UEFA Champions…

18 hours ago

KNC yatumiye abafana ba APR Fc ku mukino afitanye na Rayon Sports kuko azabahoza amarira

Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi…

1 day ago

CAF CL: APR Fc yerekeje mu Misiri gukina umukino w’imibare

Ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC yamaze gutangira urugendo rwerekeza mu Misiri kujya gukina umukino wa…

1 day ago

RIB yerekanye agatsiko k’abantu 6 bakoze ubujura bw’imodoka

Urwego rw'igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, rwerekanye agatsiko k'abantu…

2 days ago

‘Ntawarushije Diamond Platnumz kundyohereza’ – Zari yacyeje Diamond Platnumz banabyaranye

Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo…

2 days ago