Umuhanzi w’umuraperi ukomoka muri Amerika Shawn Corey Carter wamenyekanye nka Jay-Z arifuza kugura ikipe ya Everton yo mu Bwongereza muri English Premier League, aho yifuza kuyitangaho agera kuri Miliyari ebyiri z’Amapawundi.
Amakuru dukesha ikinyamakuru The Sun kiravuga ko Jay-Z umenyerewe mu njyana ya Hip Hop arifuza ikipe Everton iri mu bibazo dore ko yatangiye shampiyona nabi cyane.
Everton iri ku mwanya wa nyuma muri shampiyona y’Ubwongereza igeze ku munsi wa kane, ikaba nta nota ifite ndetse n’umwenda w’ibitego 9.
Biravugwa ko Jay-Z yiteguye gutanga Miliyari ebyiri z’amapawundi kugira ngo yegukane iyi kipe imwe muzifite abafana benshi mu Bwongereza.
Kurundi ruhande ntago ari uyu muhanzi wifuza Everton gusa, kuko na John Textor usanzwe afite ikipe ya Olympique Lionnais yo mu bufaransa, ndetse akaba nyiri Kampani ya (Eagle Football Holdings Ltd) isanzwe ifite imigabane mu ikipe ya Crystal Palace, nawe arifuza kugura ikipe ya Everton.
Everton yashinzwe mu 1878, ikiba ibarizwa mu gace ka Merseyside, ikinira ku kibuga Goodison Park kuva 1892 ndetse ikaba ifite ibikombe 9 bya shampiyona y’Ubwongereza.
Umugabo wo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano…
Mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, nibwo hatangiraga amarushanwa ya UEFA Champions…
Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi…
Ikipe y’Ingabo z’igihugu APR FC yamaze gutangira urugendo rwerekeza mu Misiri kujya gukina umukino wa…
Urwego rw'igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024, rwerekanye agatsiko k'abantu…
Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo…