IMIKINO

KNC yatumiye abafana ba APR Fc ku mukino afitanye na Rayon Sports kuko azabahoza amarira

Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi kuzaza ku mukino ikipe ye izakiramo Rayon Sports maze akabahoza amarira  abafana ba Rayon Sports babateye bafana Pyramids Fc.

Ni umukino uzaba ku wa gatandatu tariki 21 Nzeri 2024, ukabera kuri Stade Amahoro.

Ibi bibaye nyuma y’uko ikipe ya APR FC inganyije na Pyramids Fc mu mikino ya CAF Champions League igitego 1-1.

Abafana ba Rayon Sports bagaragaye bafana ikipe ya Pyramids Fc mu buryo bweruye ndetse bishimiye ibyavuye muri uyu mukino.

Nyuma yaho hagiye hazamuka impaka zivuga ko bidakwiye kubona ikipe ihagarariye igihugu ariko abafana ba Rayon Sports bakifanira iyo hanze.

Gusa kurundi ruhande abafana ba Rayon bavuga ko ari uburenganzira bwabo cyane ko atari ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yari yakinnye.

Mu mukino Gasogi United ifitanye na Rayon Sports KNC yijeje abafana ba APR FC kubahoza amarira batewe n’abafana ba Rayon Sports.

Yagize ati ”Bafana ba APR FC, kubera uburyo abafana ba Rayon Sports baterekereye umuzimu w’umugwagasi batazi iyo akomoka, baririmba Pyramids Fc kandi ibyabo byabananiye, muzaze muri benshi nzabahoza amarira.”

Ikipe ya Gasogi United iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, aho ifite amanota 7 mu mikino 3, mu gihe Rayon Sport mu mikino 2 ifite amanota 2.

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

2 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

22 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

44 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago