IMIKINO

KNC yatumiye abafana ba APR Fc ku mukino afitanye na Rayon Sports kuko azabahoza amarira

Perezida wa Gasogo United Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yatumiye abafana ba APR FC ku bwinshi kuzaza ku mukino ikipe ye izakiramo Rayon Sports maze akabahoza amarira  abafana ba Rayon Sports babateye bafana Pyramids Fc.

Advertisements

Ni umukino uzaba ku wa gatandatu tariki 21 Nzeri 2024, ukabera kuri Stade Amahoro.

Ibi bibaye nyuma y’uko ikipe ya APR FC inganyije na Pyramids Fc mu mikino ya CAF Champions League igitego 1-1.

Abafana ba Rayon Sports bagaragaye bafana ikipe ya Pyramids Fc mu buryo bweruye ndetse bishimiye ibyavuye muri uyu mukino.

Nyuma yaho hagiye hazamuka impaka zivuga ko bidakwiye kubona ikipe ihagarariye igihugu ariko abafana ba Rayon Sports bakifanira iyo hanze.

Gusa kurundi ruhande abafana ba Rayon bavuga ko ari uburenganzira bwabo cyane ko atari ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ yari yakinnye.

Mu mukino Gasogi United ifitanye na Rayon Sports KNC yijeje abafana ba APR FC kubahoza amarira batewe n’abafana ba Rayon Sports.

Yagize ati ”Bafana ba APR FC, kubera uburyo abafana ba Rayon Sports baterekereye umuzimu w’umugwagasi batazi iyo akomoka, baririmba Pyramids Fc kandi ibyabo byabananiye, muzaze muri benshi nzabahoza amarira.”

Ikipe ya Gasogi United iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona, aho ifite amanota 7 mu mikino 3, mu gihe Rayon Sport mu mikino 2 ifite amanota 2.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago