Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo be Ivan Ssemwaga na Diamond Platnumz, agendeye ku buryo bamuryoherezaga mu rukundo.
Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’umuhungu we wa kabiri, Raphael Tlale, ku rubuga rwe rwa YouTube, cyagarukaga ku bibazo uyu mwana yamubazaga bijyanye n’urukundo rwe, n’ibyo yashingiragaho ahitamo uwo bazabana.
Ubwo yasubizaga ikibazo cy’ibimenyetso byamwereka ko umuntu amukunda koko, yari abajijwe n’umuhungu we, Zari yavuze ko se w’uwo mwana (Ivan Semwanga), yakoreshaga umutungo.
Ati: “So ntabwo yaryoshyaga urukundo (Romantic), yakoresheje amafaranga gusa, igihe nashakaga imodoka nshya, yagurishaga iyo nabaga mfite agahita angurira indi nshya. Sinzi neza niba ibyo ari urukundo cyangwa ari uko yabaga abishoboye.”
Agaruka kuri Diamond, Zari yavuze ko yamukunze akabimwereka ndetse n’Isi ikabimenya.
Ati: “Diamond yaryoshyaga urukundo nkabibona, ndetse n’abantu bose barabibonaga, yagiraga uruhare rukomeye mu kwita ku mukunzi we, bwa mbere nakira impano nziza nk’indabyo, imiringa ya diyama ni we wayimpaye, kandi si byo byabaga bifite agaciro, ahubwo kubitekerezaho ni byo byanyuraga cyane.”
Nubwo uyu mugore yagereranyije abahoze ari abagabo be bombi muri iki kiganiro, yirinze kugira icyo avuga ku mugabo we bubakanye Shakib Cham.
Mu bihe byatambutse Diamond Platinumz na Zari Hassan bagiranye ibihe byiza n’abana babo babyaranye, kuko Diamond yari yabasuye ku isabukuru y’umukobwa wabo, maze aba bombi bagaragara mu mashusho batembereza abana babo, ari nabyo byateje imvururu mu mubano wa Zari na Shakib.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…