Umuherwekazi akaba n’umwe bahanzi bo ha mbere Zari Hassan aherutse kugaragaza itandukaniro ry’abahoze ari abagabo be Ivan Ssemwaga na Diamond Platnumz, agendeye ku buryo bamuryoherezaga mu rukundo.
Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’umuhungu we wa kabiri, Raphael Tlale, ku rubuga rwe rwa YouTube, cyagarukaga ku bibazo uyu mwana yamubazaga bijyanye n’urukundo rwe, n’ibyo yashingiragaho ahitamo uwo bazabana.
Ubwo yasubizaga ikibazo cy’ibimenyetso byamwereka ko umuntu amukunda koko, yari abajijwe n’umuhungu we, Zari yavuze ko se w’uwo mwana (Ivan Semwanga), yakoreshaga umutungo.
Ati: “So ntabwo yaryoshyaga urukundo (Romantic), yakoresheje amafaranga gusa, igihe nashakaga imodoka nshya, yagurishaga iyo nabaga mfite agahita angurira indi nshya. Sinzi neza niba ibyo ari urukundo cyangwa ari uko yabaga abishoboye.”
Agaruka kuri Diamond, Zari yavuze ko yamukunze akabimwereka ndetse n’Isi ikabimenya.
Ati: “Diamond yaryoshyaga urukundo nkabibona, ndetse n’abantu bose barabibonaga, yagiraga uruhare rukomeye mu kwita ku mukunzi we, bwa mbere nakira impano nziza nk’indabyo, imiringa ya diyama ni we wayimpaye, kandi si byo byabaga bifite agaciro, ahubwo kubitekerezaho ni byo byanyuraga cyane.”
Nubwo uyu mugore yagereranyije abahoze ari abagabo be bombi muri iki kiganiro, yirinze kugira icyo avuga ku mugabo we bubakanye Shakib Cham.
Mu bihe byatambutse Diamond Platinumz na Zari Hassan bagiranye ibihe byiza n’abana babo babyaranye, kuko Diamond yari yabasuye ku isabukuru y’umukobwa wabo, maze aba bombi bagaragara mu mashusho batembereza abana babo, ari nabyo byateje imvururu mu mubano wa Zari na Shakib.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…