AMATEKA

Rutahizamu wa Real Madrid, Endrick w’imyaka 18 yashakanye n’umukunzi we umurusha imyaka-AMAFOTO

Rutahizamu w’umunya-Brazil na Real Madrid Endrick w’imyaka 18 yashakanye n’umukunzi we Gabriely Miranda w’imyaka 23 usanzwe ari umunyamideli.

Advertisements

Aba bombi bamaze umwaka umwe gusa bamenyanye, bahisemo kubana nyuma y’amafoto yabo bashyize ku rubuga rwa Instagram bagaragaje umunsi wabo udasanzwe.

Mu butumwa banyujijeho, Miranda yanditse amwe mu magambo yo muri bibiliya, yanditswe mu gitabo cya Matayo 19:6 agira ati “Bituma batakiri babiri, ahubwo babaye umubiri umwe. Nuko icyo Imana yateranyije hamwe, umuntu ntakagitandukanye.”

Endrick w’imyaka 18 yerekeje muri Real Madrid ubwo yagurwaga mu ikipe ya Palmeiras yo muri Brazil, kuva yakwerekeza muri iy’ikipe yabashije gukina Kane, aho amaze gutsinda igitego kimwe gusa.

Amaze gutsindira ikipe y’Igihugu y’abakuru inshuro eshatu, mu nshuro 11 yahamagawe, aho bimugira umwe mu bakinnyi bato batanga icyizere muba rutahizamu Isi izaba igenderaho mu gihe kiri imbere.

Mugihe yamaze muri Palmeiras, Endrick yatsinze ibitego 21 mu mikino 82. Endrick ashobora kwigaragaza bwa mbere muri Champions League ubwo Real Madrid izaba yakira Stuttgart mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago