AMATEKA

Rutahizamu wa Real Madrid, Endrick w’imyaka 18 yashakanye n’umukunzi we umurusha imyaka-AMAFOTO

Rutahizamu w’umunya-Brazil na Real Madrid Endrick w’imyaka 18 yashakanye n’umukunzi we Gabriely Miranda w’imyaka 23 usanzwe ari umunyamideli.

Aba bombi bamaze umwaka umwe gusa bamenyanye, bahisemo kubana nyuma y’amafoto yabo bashyize ku rubuga rwa Instagram bagaragaje umunsi wabo udasanzwe.

Mu butumwa banyujijeho, Miranda yanditse amwe mu magambo yo muri bibiliya, yanditswe mu gitabo cya Matayo 19:6 agira ati “Bituma batakiri babiri, ahubwo babaye umubiri umwe. Nuko icyo Imana yateranyije hamwe, umuntu ntakagitandukanye.”

Endrick w’imyaka 18 yerekeje muri Real Madrid ubwo yagurwaga mu ikipe ya Palmeiras yo muri Brazil, kuva yakwerekeza muri iy’ikipe yabashije gukina Kane, aho amaze gutsinda igitego kimwe gusa.

Amaze gutsindira ikipe y’Igihugu y’abakuru inshuro eshatu, mu nshuro 11 yahamagawe, aho bimugira umwe mu bakinnyi bato batanga icyizere muba rutahizamu Isi izaba igenderaho mu gihe kiri imbere.

Mugihe yamaze muri Palmeiras, Endrick yatsinze ibitego 21 mu mikino 82. Endrick ashobora kwigaragaza bwa mbere muri Champions League ubwo Real Madrid izaba yakira Stuttgart mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri.

Christian

Recent Posts

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 minutes ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

34 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

55 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago