Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports, umunya-Brazil Robertinho yatanze ubutumwa ku bakunzi b’ikipe nyuma y’uko uwari Perezida Jean Fidele yeguye.
Uwayezu Jean Fidele wari Perezida w’ikipe ya Rayon Sports yeguye ku mpamvu z’uburwayi nk’uko byatangajwe n’Ubuyobozi bw’ikipe.
Ni ibintu byaje bitunguranye cyane ko haburaga n’amezi atageze no muri abiri ngo hongere habe andi matora yo gushaka umusimbura.
Ikindi cyari gitunguranye ni ukubona Perezida Uwayezu Jean Fidele yeguye nyamara ikipe itangiye urugendo rwo gutangira shampiyona no kwitegura andi marushanwa.
Ku mutoza Robertinho avuga ko ibi bihe barimo bitoroshye na gato mu mupira w’amaguru gusa asaba abakunzi b’iy’ikipe gukorera hamwe.
Ati “Ku bwegure bwa Perezida, birababaje kuko muri ruhago bisaba gutegura, buri umwe ari mu nshingano ze. Ariko byatewe n’uburwayi tugomba kubyubaha. Tumwifurije gukira.”
Uyu mutoza Robertinho wagaruwe mu ikipe ya Rayon Sports uyu mwaka w’imikino, yakomeje agira ati “Icyo dukeneye ubu ni ugushyigikirwa na buri umwe kuko izina Rayon Sports ni izina rikomeye cyane. Turifuza ko buri umwe mu muryango wa Rayon Sports atuba hafi. Niko umupira w’abanyamwuga utegurwa.”
Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo wataziwe akazina ka Robertinho ni umwe mu batoza bagiriye ibihe byiza muri Rayon Sports dore ko mu mwaka 2019, yahaye iy’ikipe igikombe cya shampiyona.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…