Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yazamutseho umwanya umwe iva ku mwanya wa 131 ijya ku mwanya wa 130 ku rutonde rwashyirwa hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Nzeri 2024.
Ikipe y’u Rwanda yari ku mwanya wa 131 ku rutonde rwaherukaga gusohoka muri Nyakanga 2024.
Ikipe y’Igihugu iheruka gukina muri uku kwezi kwa Nzeri mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025 aho yangayije na Libya na Nigeria bari kumwe mu itsinda rya kane.
Urutonde rwashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), kuri uyu wa19 Nzeri, rugaragaza ko u Rwanda ruri mu bihugu byazamutse ku rutonde ruvuye ku mwanya wa 131 rugera ku mwanya 130 n’amanota 1123.32.
Uru rutonde rushya rugaragaza ko habayeho impinduka mu bihugu 10 bya mbere ku Isi ugereranyije n’ukwezi kwa Nyakanga, urutonde ruyobowe na Argentine ikurikiwe n’u Bufaransa, Espagne, u Bwongereza, Brazil, u Bubiligi, u Buholandi, Portugal, Colombia n’u Butaliyani.
Ibihugu 10 bya mbere muri Afurika ni Maroc (ya 14), Sénégal (21), Misiri (31), Côte d’Ivoire (33), Tunisia (36) Nigeria (39), Algeria (41), Cameroun (53), Mali (54), Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (58).
Mu bihugu bituranye n’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni iya 58, Uganda (90), Kenya (102), Tanzania (110) n’u Burundi (136).Urutonde rutaha ruzasohoka ku wa 24 Ukwakira 2024.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…
Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…
Mu gihugu cy'u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry'ibiciro bimwe na bimwe by'umwihariko ku isukari,…
Kuri uyu wa Kane taliki 19, Nzeri 2024, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda bagiye gutangira…
Perezida Paul Kagame uri muri Singapore, yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka ashaririye ya…