IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yazamutse ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yazamutseho umwanya umwe iva ku mwanya wa 131 ijya ku mwanya wa 130 ku rutonde rwashyirwa hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Nzeri 2024.

Ikipe y’u Rwanda yari ku mwanya wa 131 ku rutonde rwaherukaga gusohoka muri Nyakanga 2024.

Ikipe y’Igihugu iheruka gukina muri uku kwezi kwa Nzeri mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025 aho yangayije na Libya na Nigeria bari kumwe mu itsinda rya kane.

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), kuri uyu wa19 Nzeri, rugaragaza ko u Rwanda ruri mu bihugu byazamutse ku rutonde ruvuye ku mwanya wa 131 rugera ku mwanya 130 n’amanota 1123.32.

Uru rutonde rushya rugaragaza ko habayeho impinduka mu bihugu 10 bya mbere ku Isi ugereranyije n’ukwezi kwa Nyakanga, urutonde ruyobowe na Argentine ikurikiwe n’u Bufaransa, Espagne, u Bwongereza, Brazil, u Bubiligi, u Buholandi, Portugal, Colombia n’u Butaliyani.

Ibihugu 10 bya mbere muri Afurika ni Maroc (ya 14), Sénégal (21), Misiri (31), Côte d’Ivoire (33), Tunisia (36) Nigeria (39), Algeria (41), Cameroun (53), Mali (54), Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (58).

Mu bihugu bituranye n’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni iya 58, Uganda (90), Kenya (102), Tanzania (110) n’u Burundi (136).Urutonde rutaha ruzasohoka ku wa 24 Ukwakira 2024.

Christian

Recent Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

15 hours ago

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera…

16 hours ago

RIB yemeje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cya Miss Muyango

Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…

18 hours ago

Perezida Neva yakomoje ku biciro bikomeje gutumbagira mu gihugu cye

Mu gihugu cy'u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry'ibiciro bimwe na bimwe by'umwihariko ku isukari,…

19 hours ago

Rwanda: Hatangiye gukingirwa ubushita bw’inkende

Kuri uyu wa Kane taliki 19, Nzeri 2024, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda bagiye gutangira…

19 hours ago

Singapore: Perezida Kagame yagaragaje iterambere u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida Paul Kagame uri muri Singapore, yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka ashaririye ya…

2 days ago