IMIKINO

UCL: Inter Milan yahagamye Man City ikuraho agahigo kari kamaze imyaka itanu

Ikipe ya Inter Milan yo mu Butaliyani yaraye ikuyeho agahigo ka Man City ko kuba yari imaze imyaka 5 itanganyiriza ku kibuga cyayo mu mikino y’amatsinda ya UEFA Champions League.

Ni mu mikino wa Champions League, yakomeza mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 18 Nzeri 2024, aho umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.

Mu mikino yamatsinda, iherutse kuba mu myaka 5 ku kibuga cya Man City, yose yari yarayitsinze ndetse ntawo inganyije.

Aka gahigo kakuweho na Inter Milan yo mu Butaliyani, nyuma yo kunganya ubusa ku busa nyuma y’uko ikipe ya Man City yashatse igitego mu minota 90, cyikabura.

Si ubwa mbere aya makipe yombi ahuye kuko muri 2022-2023, bahuriye kuri Finali ya UEFA Champions League, umukino warangiye Man City itwaye igikombe cyayo cya mbere muri iri rushanwa itsinze igitego 1-0.

Nyuma y’umukino wa Champions League, amakipe yombi afite urugamba rutoroshye kuko tariki 22 nzeri 2024 muri Shampiyona y’Ubwongereza Man City izakira Arsenal, ikipe bamaze imyaka ibiri bahanganye, ndtse bakaba bakurikirana kurutonde rwa shampiyona, Man City ku mwanya wa mbere n’amanota 12, mu gihe Arsenal ifite amanota 10 ku mwanya wa kabiri.

Ikipe ya Enter Milan yo izakira AC Milan muri Delibi yo mu Butaliyani aho bageze ku munsi wa 5 wa shampiyona, Enter ku mwanya wa 3 n’amanota 8 mu gihe AC Milan iri ku mwanya wa 10 n’amanota 5.

Christian

Recent Posts

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

16 minutes ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

37 minutes ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

3 days ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

3 days ago