Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yavuze kuri kapiteni we uherutse kuvunikira mu ikipe y’igihugu ya Norvege mu mikino ya UEFA Nations League, mbere y’uko bakina umukino wa mbere wa Champions League.
Martin Ødegaard aherutse kugira imvune yo ku kirenge amagufa akavunika, ibyo bita (Ligament in the ankle). Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yavuzeko atazi igihe cyanyacyo azagarukira gusa bagomba kumubura igihe gito.
Arteta yagize ati ”Ntago natanga igihe cyanyacyo azagarukira, kuko ntago ndi umuganga, ni ibintu tutaramenya neza gusa tugomba kumuburaho igihe gito, ndatekereza nta kwezi kurimo, reka dutegereze.”
Ikipe ya Arsenal ifite umukino wa UEFA Champions League kuri uyu wa kane tariki 19 Nzeri 2024, aho bagomba kwerekeza mu gihugu cy’Ubutaliya gukina na Atalanta.
Nyuma ya Champions League bazajya ku kibuga cya Manchester City, muri shampiyona y’Ubwongereza, aho iyi mikino yose ikomeye badafite kapiteni Martin Ødegaard.
Mu mukino wa shampiyona y’Ubwongereza baheruka n’ubundi badafite kapiteni wabo, Arsenal yegukanye intsinzi y’igitego 1-0 itsinze Tottenham Hotspur.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…