IMIKINO

Umutoza Mikel Arteta yavuze ku mvune ya kapiteni we Martin Ødegaard

Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yavuze kuri kapiteni we uherutse kuvunikira mu ikipe y’igihugu ya Norvege mu mikino ya UEFA Nations League, mbere y’uko bakina umukino wa mbere wa Champions League.

Advertisements

Martin Ødegaard aherutse kugira imvune yo ku kirenge amagufa akavunika, ibyo bita (Ligament in the ankle). Umutoza wa Arsenal Mikel Arteta yavuzeko atazi igihe cyanyacyo azagarukira gusa bagomba kumubura igihe gito.

Arteta yagize ati ”Ntago natanga igihe cyanyacyo azagarukira, kuko ntago ndi umuganga, ni ibintu tutaramenya neza gusa tugomba kumuburaho igihe gito, ndatekereza nta kwezi kurimo, reka dutegereze.”

Ikipe ya Arsenal ifite umukino wa UEFA Champions League kuri uyu wa kane tariki 19 Nzeri 2024, aho bagomba kwerekeza mu gihugu cy’Ubutaliya gukina na Atalanta.

Nyuma ya Champions League bazajya ku kibuga cya Manchester City, muri shampiyona y’Ubwongereza, aho iyi mikino yose ikomeye badafite kapiteni Martin Ødegaard.

Mu mukino wa shampiyona y’Ubwongereza baheruka n’ubundi badafite kapiteni wabo, Arsenal yegukanye intsinzi y’igitego 1-0 itsinze Tottenham Hotspur.

Imvune Martin Ødegaard yagiriye mu ikipe y’igihugu
Martin Ødegaard ni umukinnyi ufatiye runini ikipe ya Arsenal

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago