Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera gukina umukino ukomeye wa shampiyona na Arsenal Fc mpera za wikendi.
Uyu mukinnyi ukomoka mu Bubiligi yasohotse mu kibuga ubwo ikipe ye yakinaga umukino wa Champions League tariki 18 Nzeri 2024, ubwo bakinaga na Inter Milan.
Ni umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, gusa ku munota wa 46 Kapiteni Kevin De Bruyne, yasohotse mukibuga asimburwa n’Umudage Ilkay Gundogan, kubera ikibazo cy’imvune yari agize.
Ibi bibaye mu gihe ku cyumweru tariki 22 nzeri 2024, bafite umukino ukomeye bazakiramo ikipe ya Arsenal, bamaze igihe bahanganye muri shampiyona.
De Bruyne ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Man City, kuko usibye kuba ari Kapiteni w’iyikipe , asanzwe afasha mu gutanga imipira ivamo ibitego ndetse no kuyobora umukino wa Manchester City.
Ku ruhande rwa Arsenal nabo ntago bafite kapiteni wabo Martin Ødegaard, kuko yavunikiye mu mikino ya UEFA Nations League, umutoza wa Arsenal Mikel Arteta aherutse gutangaza ko bagomba ku mubura igihe gitoya.
Mu mikino ibiri iheruka guhuza amakipe yombi muri Shampiyona ishize, ikipe ya Arsenal niyo y’itwaye neza kuko yatsinze umukino umwe banganya undi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…
Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…
Mu gihugu cy'u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry'ibiciro bimwe na bimwe by'umwihariko ku isukari,…
Kuri uyu wa Kane taliki 19, Nzeri 2024, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda bagiye gutangira…
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yazamutseho umwanya umwe iva ku mwanya wa 131 ijya ku…
Perezida Paul Kagame uri muri Singapore, yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka ashaririye ya…