IMIKINO

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera gukina umukino ukomeye wa shampiyona na Arsenal Fc mpera za wikendi.

Advertisements

Uyu mukinnyi ukomoka mu Bubiligi yasohotse mu kibuga ubwo ikipe ye yakinaga umukino wa Champions League tariki 18 Nzeri 2024, ubwo bakinaga na Inter Milan.

Ni umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, gusa ku munota wa 46 Kapiteni Kevin De Bruyne, yasohotse mukibuga asimburwa n’Umudage Ilkay Gundogan, kubera ikibazo cy’imvune yari agize.

Ibi bibaye mu gihe ku cyumweru tariki 22 nzeri 2024, bafite umukino ukomeye bazakiramo ikipe ya Arsenal, bamaze igihe bahanganye muri shampiyona.

De Bruyne ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Man City, kuko usibye kuba ari Kapiteni w’iyikipe , asanzwe afasha mu gutanga imipira ivamo ibitego ndetse no kuyobora umukino wa Manchester City.

Ku ruhande rwa Arsenal nabo ntago bafite kapiteni wabo Martin Ødegaard, kuko yavunikiye mu mikino ya UEFA Nations League, umutoza wa Arsenal Mikel Arteta aherutse gutangaza ko bagomba ku mubura igihe gitoya.

Mu mikino ibiri iheruka guhuza amakipe yombi muri Shampiyona ishize, ikipe ya Arsenal niyo y’itwaye neza kuko yatsinze umukino umwe banganya undi.

Kevin De Bruyne yagize imvune itamwemerera gukina umukino na Arsenal

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago