IMIKINO

Igihombo gikomeye kuri Man City mbere yo guhura na Arsenal muri shampiyona

Kizigenza akaba umukinnyi ngenderwaho muri Manchester City, Kevin De Bruyne yamaze kugera imvune idashobora kuzamwemerera gukina umukino ukomeye wa shampiyona na Arsenal Fc mpera za wikendi.

Uyu mukinnyi ukomoka mu Bubiligi yasohotse mu kibuga ubwo ikipe ye yakinaga umukino wa Champions League tariki 18 Nzeri 2024, ubwo bakinaga na Inter Milan.

Ni umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, gusa ku munota wa 46 Kapiteni Kevin De Bruyne, yasohotse mukibuga asimburwa n’Umudage Ilkay Gundogan, kubera ikibazo cy’imvune yari agize.

Ibi bibaye mu gihe ku cyumweru tariki 22 nzeri 2024, bafite umukino ukomeye bazakiramo ikipe ya Arsenal, bamaze igihe bahanganye muri shampiyona.

De Bruyne ni umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Man City, kuko usibye kuba ari Kapiteni w’iyikipe , asanzwe afasha mu gutanga imipira ivamo ibitego ndetse no kuyobora umukino wa Manchester City.

Ku ruhande rwa Arsenal nabo ntago bafite kapiteni wabo Martin Ødegaard, kuko yavunikiye mu mikino ya UEFA Nations League, umutoza wa Arsenal Mikel Arteta aherutse gutangaza ko bagomba ku mubura igihe gitoya.

Mu mikino ibiri iheruka guhuza amakipe yombi muri Shampiyona ishize, ikipe ya Arsenal niyo y’itwaye neza kuko yatsinze umukino umwe banganya undi.

Kevin De Bruyne yagize imvune itamwemerera gukina umukino na Arsenal

Christian

Recent Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh yageneye ubutumwa ikipe ya APR Fc mbere y’umukino wa Pyramids Fc

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Mubarakh Muganga yagenye ubutumwa abakinnyi ba APR FC mu…

14 hours ago

RIB yemeje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cya Miss Muyango

Nyuma y’uko hakwirakwijwe amashusho y’abakobwa babiri bari gukora imibonano mpuzabitsina n’umusore utaramenyekanye, benshi mu bakoresha…

18 hours ago

Perezida Neva yakomoje ku biciro bikomeje gutumbagira mu gihugu cye

Mu gihugu cy'u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry'ibiciro bimwe na bimwe by'umwihariko ku isukari,…

19 hours ago

Rwanda: Hatangiye gukingirwa ubushita bw’inkende

Kuri uyu wa Kane taliki 19, Nzeri 2024, Minisiteri y'Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda bagiye gutangira…

19 hours ago

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yazamutse ku rutonde rwa FIFA

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yazamutseho umwanya umwe iva ku mwanya wa 131 ijya ku…

2 days ago

Singapore: Perezida Kagame yagaragaje iterambere u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida Paul Kagame uri muri Singapore, yavuze ko u Rwanda rwanyuze mu mateka ashaririye ya…

2 days ago