MU MAHANGA

Perezida Neva yakomoje ku biciro bikomeje gutumbagira mu gihugu cye

Mu gihugu cy’u Burundi hakomeje kuvugwa itumbagira rikabije ry’ibiciro bimwe na bimwe by’umwihariko ku isukari, ibi nibyagarutsweho na Perezida Ndayishimiye Evariste.

Advertisements

Iyi sosiyete ya Leta y’u Burundi iherutse kuzamura igiciro cy’ikilo cy’isukari kugeza ku mafaranga y’Amarundi (FBu) 8000 (3.745 Frw), avuye kuri 3.200 FBu. Bisobanuye ko cyazamutse ku rugero rwa 142%.

Umuyobozi w’iyi sosiyete, Ndayikengurukiye Aloys, yasobanuye ko iki cyemezo cyafashwe bitewe n’itumbagira ry’ihenda ry’ibikoresho by’ibanze bakenera no kuba abashoramari binjiza isukari mu Burundi bayigurisha 10.000 FBu ku kilo.

Mu nama y’abayobozi yabereye mu ntara ya Cankuzo kuri uyu wa 19 Nzeri 2024, Perezida Ndayishimiye yatangaje ko umufuka w’ibilo 50 by’isukari itunganywa na SOSUMO uri kugura 400.000 FBu, nyamara umusuka nk’uwo w’isukari ituruka muri Uganda yo igura 243.000 FBu mu Burundi.

Yagize ati “Sinzi niba Minisitiri yari yabisuzuma. Baratubeshye. Bavuze ko umufuka ugura angahe? Amafaranga 400.000, nasanze ugeze i Bujumbura uvuye muri Uganda ugurwa 243.000 kandi ari umuntu wakuye amadolari kuri Marché Noir. Mumbwire ukuntu BRB yayakuye muri BRB [Banki Nkuru], ikavuga ngo ni ukuzamura.”

Perezida Ndayishimiye yagaragaje ko abayobozi bo muri SOSUMO bahisemo kuba abacuruzi nk’abandi, bashyira inda zabo imbere kurusha inyungu rusange z’abaturage. 

Ati “Aho ngaho nta kintu mwumva? Abayobozi nimubanze mwikuremo ibyo byo gukorera inda zanyu, mwumve abenegihugu.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yasabye Minisitiri w’Ubucuruzi, Ubwikorezi n’Inganda kugenzura akamenya amanyanga yatumye SOSUMO izamura igiciro cy’isukari kugeza kuri uru rugero, avuga ko atakwemera ko iyi sosiyete ikomeza kuba mu maboko ya Leta mu gihe itsikamira abaturage.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago