IMIKINO

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, ngo yisobanure ku birego aregwa.

Advertisements

Mu ibaruwa yagiye hanze, yagaraje ko RIB ya Kanombe yari yasabye Marc Govin kwitaba ku wa Gatanu tariki 20 Nzeri saa Tatu n’igice za mu gitondo, gusa amakuru avuga ko atigeze ajyayo.

Uyu myugariro akaba yatangarije inshuti ze ko yatunguwe no kubona ibaruwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe kugeza ubu nta we uramuhamagara wo muri RIB cyangwa ngo abe yayishyikirijwe ha mbere.

Nk’uko tubikesha (IGIHE) Umuvugizi wa RIB Dr Murangira Thierry yavuze ko bahamagaje Nshimiyimana Marc Govin gusa ko ibijyanye n’ibyo aregwa byo bizabwirwa nyir’ubwite ubwo azaba amaze kwitaba.

Amakuru ava ku ruhande rw’uyu mukinnyi avuga ko hashize icyumweru afite amakuru ko hari umukobwa bahoze bakundana wamureze muri RIB amushinja ihohoterwa aho yari ategereje igihe cyo guhamagarwa.

Gasogi United ifitanye umukino na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu saa Moya z’umugoroba kuri Stade Amahoro mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa kane.

Myugariro w’ikipe ya Gasogi united, Nshimiyimana Marc Govin yahamagajwe na RIB

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago