IMIKINO

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, nyuma yo gutsinda ikipe ya Gasogi United.

Advertisements

Ni umukino w’umunsi wa Kane wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Nzeri 2024, aho ikipe ya Gasogi united yari yakiriye ikipe ya Rayon Sports kuri Stade Amahoro.

Uyu mukino wari wabanjirijwe n’amagambo menshi mbere y’umukino, aho Perezida wa Gasogi United Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yari yavuze ko agomba gutsinda ikipe ya Rayon Sports agahoza amarira y’abakunzi ba APR Fc.

KNC kandi yari yatangaje ko uyu mukino uzarangira atsinze igitego 1-0.

Gusa siko byagenze kuko Rayon Sports yaje kwima amatwi ayo magambo yose, ibifashijwemo n’abakinnyi bayo yabashije kwegukana intsinzi y’igitego 1-0 bwa Gasogi united.

Ni igitego cyatsinzwe na Charles Bbaale ku munota wa 50 w’umukino w’igice cya kabiri Gikundiro ibona amanota atatu ya mbere muri shampiyona y’umwaka 2024/25.

Mu mikino itatu yabanje ikipe ya Rayon Sports yari itarabona amanota atatu mbumbe muri shampiyona.

Mu yindi mikino y’umunsi wa kane yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Bugesera FC yanganyije na Etincelles FC igitego 1-1, AS Kigali inganya na Rutsiro FC 0-0, mu gihe Amagaju FC yatsindiwe na Musanze FC iwayo ibitego 3-0.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago