IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi Marina yatangaje ko ababajwe n’abakomeje kumubika ari muzima

Umuhanzikazi Marina Deborah wamamaye nka Marina mu muziki Nyarwanda yavuze ko ababajwe cyane n’abantu batangaje ko yitabye Imana kandi ari muzima, bityo asaba abantu kudakwirakwiza ibihuha.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Nzeri 2024 abinyujije ku rukuta rwe rwa Instgaram, Marina yatangaje ko ababajwe n’abantu bavuze ko yitabye Imana ndetse umurambo we ukaba uri CHUK.

Mu butumwa bwe, yavuze ko n’ubwo abantu bakunda abapfu, ariko batagakwiye kumwifuriza kwitaba Imana, ndetse ko ibyo bikabije bakwiriye kubihagarika.

Ati ”Mureke kubeshya ko napfuye kuko ndi muzima pe, kandi ibi birakabije. Ndabizi mukunda abapfu, ariko murekere. Ngo umurambo wanjye ugeze CHUK, ndabasabye mureke kubeshya.”

Marina anyomoje aya makuru, nyuma y’uko mu ntangiriro z’uku kwezi yarwaye Marariya i Abuja muri Nigeria ubwo yari yagiye mu bikorwa bya muzika. Akaba yari yageze muri Nigeria avuye muri Ghana.

Abenshi bahise batangira gukwirakwizwa hirya no hino amakuru y’ibihuha bavuga ko batamenye andi makuru y’uyu muhanzikazi ku buryo bamwe batatinye no kuvuga ko yamaze kwitaba Imana.

Marina yaburiye abakomeje kumubika ari muzima

Christian

Recent Posts

APR FC yananiwe gukandagiza ikirenge mu matsinda ya CAF Champions League, isubirwa na Pyramids Fc

Ikipe ya APR Fc yananiwe kwikura imbere ya Pyramids Fc mu mukino wabereye mu Misiri…

33 mins ago

Rayon Sports yari yatezwe iminsi yababaje Gasogi united-AMAFOTO

Ikipe ya Rayon Sports yari yatezwe iminsi yabonye amanota atatu mbumbe ya mbere muri shampiyona…

1 hour ago

KNC yahishuye akayabo ikipe ye ya Gasogi united ihagaze

Kakooza Nkuriza Charles (KNC) yatunguranye avuga igiciro cy'akayabo ikipe ye ya Gasogi united kuri ubu…

1 day ago

Myugariro wa Gasogi United yahamagajwe na RIB mbere y’uko bahura na Rayon Sports

Nshimiyimana Marc Govin, umukinnyi ukina inyuma iburyo mu ikipe ya Gasogi United, yatumijweho n’Urwego rw’Igihugu…

1 day ago

Uganda: Gen Muhoozi yahakanye ibyo gusimbura Se ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atakiri mu nzira zo kuyobora…

1 day ago

‘BetPawa Playoffs’: APR BBC yongeye gutsinda Patriots BBC yizera kwegukana igikombe cya shampiyona

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, muri Bk Arena APR…

1 day ago