POLITIKE

Donald Trump yavuze ko naramuka atsinzwe amatora ateganyijwe uyu mwaka ntayandi azongera kwitabira

Donald Trump wigeze kuyobora Amerika, yeruye avuga ko naramuka atsinzwe amatora ateganyijwe tariki 5 Ugushyingo uyu mwaka ahanganyemo na visi Perezida Kamala Harris atazongera kwiyamamaza muyazaba mu mwaka 2028.

Trump, w’imyaka 78, watanzwe mu ishyaka ryaba Republic kuva mu 2016, ni umwe mu bongeye guhatanira umwanya wo kuyobora Amerika mu myaka ine iri mbere.

Ku bw’ibyo mugihe yaramuka atoye kuyobora Amerika yaba abaye umukuru w’igihugu uyoboye ushaje kurusha abandi bose bakiyoboye dore ko na Perezida Biden kuri ubu afite imyaka 81.

Mu magambo ye Trump yatangarije umunyamakuru wa television, Sharyl Attkisson ku cyumweru wamubajije kubyerekeye no kongera guhatanira umwanya wa White House ku nshuro ya gatatu yagize ati “Oya, ntibyakunda, ndatekereza… Niko bigomba kuzamera, ibyo byose si mbibona.”

Yongeyeho ati “Twizeye ko tuzatsinda.”

Mu kiganiro cyuzuye yahaye Sinclair, Trump yagize ati “Nifite icyizere cyo kuzaba Perezida, kandi ndabibona vuba, ndetse bitandukanye kuri ubu n’uko mbere byagenze.”

Ati: “Numva ibihugu, ndumva ninde wadushwanyaguza, ariko kandi se ninde utabikora.”

Trump yavuze kandi ko hari inyungu zo kuba atayoboye ubutegetsi mu matora yatsinzwemo mu mwaka 2020 yaje kwegukanwa na Joe Biden.

Yatekereje ati: “Byari kuba byoroshye iyo mba narabikoze, urabizi, byari kwihuta”.

Ati: “Ariko inyungu irenze ikindi kintu cyose, byerekana uko bari babi. Irerekana ukuntu iyi mitekerereza yanjye ikabije yasize imitekerereze yashaje. ”

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Trump yabwiye podcaster Lex Friedman ko “yatsinzwe na whisker” mu 2020, n’ubwo nyuma yaje kuvuga ko byari ugusebanya.

Trump yavuze kandi ko yumva afite umutekano kandi ko iterabwoba ku buzima bwe ritazahindura uko ayobora nka perezida.

Ati: “Ntekereza ko nzumva mfite umutekano. Ndatekereza ko ngiye kumva mfite umutekano ”.

“Sinshobora kugira ubwoba, kuko niba ufite ubwoba, ntushobora gukora akazi kawe. Ntabwo rero nshobora kugira ubwoba. ”

Christian

Recent Posts

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

10 hours ago

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago