IMIKINO

Gacinya Denis wigeze kuyobora Rayon Sports yishongoye kuri KNC

Gacinya Chance Denis wabaye umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports, yishongoye kuri KNC wa Gasogi United wari wavuze ko azabatsinda amubwira ko miliyoni 45 Frw yakuye mu mukino zizamufasha gusunika amezi 2 ariko amanota 3 yo ntayo yari kubona.

Advertisements

Hari nyuma y’umukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2024-25 wabaye ku wa Gatandatu tariki ya 21 Nzeri 2024 maze Rayon Sports igatsinda Gasogi United 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro.

Mbere y’uyu mukino, KNC yari yavuze ko agomba gutsinda Rayon Sports kuko itari ku rwego rwa Gasogi United.

Ibi ni bimwe mu byatumye abahoze Bayingana Rayon Sports barimo na Gacinya Chance Denis bahaguruka bagategura uyu mukino kugira ngo bazatsinde Gasogi United.

Nyuma yo gutsindwa 1-0, KNC yavuze ko ari bo bitsinze, kuko Rayon Sports nta kintu na kimwe yakinnye, bayihushije uburyo bwinshi.

Ati “Ni amahirwe make kuko uyu mukino nari kuba nawurangije mu gice cya mbere ariko iyo utabashije kubyaza umusaruro amahirwe ya we ni ko bigenda.”

“Ikindi ntabwo ikipe yigeze ishota mu izamu nitwe twitsinze, kapiteni wacu umukinnyi ngenderwaho abona ikarita itukura ikipe inanirwa gutera mu izamu turi abakinnyi 9 turakomeza turayisatira, ni ibyo.”

Gacinya Chance Denis wari warebye uyu mukino yahise aza aramubwira ati “ngaho ryama wishimye se, ko wakinnye neza ryama wishimye. Oya yabonye miliyoni 45 Frw ziramuhagije ziramufasha gusunika amezi abiri.”

Gutsindwa uyu mukino bivugwa ko wari witabiriwe n’abantu bari hagati y’ibihumbi 12 na 15, byatumye Gasogi United itakaza umwanya wa mbere ufatwa na Rutsiro FC banganya amanota 7.

KNC niwe Perezida w’ikipe ya Gasogi United ibarizwa mu cyiciro cya mbere

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago