INKURU ZIDASANZWE

Umuhanzi Serpha yashize umucyo ku kibazo cy’umuhungu mugenzi we wavuze ko bakundanye akamuhemukira

Umuhanzi Cyusa Alpha Serge yigaritse ibyatangajwe n’umusore witwa Shyaka Blaise uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Blaise Niels wamushinje kumubeshya urukundo, kumuca inyuma ndetse no kumucucura utwe, avuga ko atamuzi ndetse ko ibyo atangaza ari ibihuha.

Blaise Niels abinyujije ku rubuga rwa Snapchat, yasangije abamukurikira ubutumwa burebure avuga inkuru ye uko yahuye na Serpha bakamenyana kugeza bakundanye ndetse n’uko batandukanye.

Muri ibu butumwa Blaise avuga ko yahuye na Serpha hagati ya Kamena na Nyakanga muri uyu mwaka ubwo yari i Kigali, barahuye baribwirana baramenyana ndetse baza no gutahana. 

Blaise agaragaza ko ijoro rya mbere bahura bagiranye ibihe byiza, barasangira ndetse baranaryamana.

Akomeza avuga ko bamenyanye asigaje iminsi nk’ine i Kigali, ariko yose yayimaranye na Serpha baryamana buri munsi bishimana, kugeza ubwo baje gukundana.

Uyu musore uba muri Canada agaragaza ko yaryohewe n’urukundo rwe na Serpha kugeza aho uyu musore yaje kumuherekeza ubwo yasubiragayo, amwandikira akabaruwa amubwira urwo amukunda undi nawe akomeza kumwizera ndetse amuha urwaho maze undi amurya utwe atanzitse.

Serpha yavuze ko ataziranye n’uyu musore ndetse ko yatunguwe nawe abonye ibyo yatangaje, ahamya ko ibi ari ibihuba bikomeje gukwirwakwizwa n’abatishimiye intambwe y’urugendo rwe mu muziki.

Ati “Nta kintu na kimwe nzi kuri uwo muntu (Blaise), nanjye nabibonye gutyo.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo nzi niba hari ikintu nakora ngo mpagarike ibi bihuha, gusa icyo nabwira buri wese ni uko ndajwe ishinga no kwita ku muziki wanjye, nasohoye indirimbo ariko abanzi bazahora baza gusa urukundo mfitiye umuziki ntago ruzigera ruhagarara uko byagenda kose, uko abanzi bantera kose.”

Umuhanzi Serpha uvugwa muri izi nkuru yamamaye mu irushanwa rya ’The Voice Afrique Francophone,’ yitabiriye muri Afurika y’Epfo mu 2020.

Umuhanzi Serpha yateye utwatsi ibyatangajwe na Blaise
Blaise uvuga ko yahemukiwe mu rukundo na Serpha

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago