IMYIDAGADURO

Ifungwa ry’umuraperi P. Diddy ryari ryarahanuwe

Hahishuwe amashusho y’umuraperi Sean Diddy Combs wamamaye nka P. Diddy, aho yari yaravuze ko azafungwa ni ibintu yahanuye mu myaka igiye kuba 25 abivuze.

Umuraperi P. Diddy ufunzwe ashinjwa ibyaha byerekeranye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, mu myaka 25 ishize yari yaratangaje ko azashinjwa ibyaha arimo akurikiranwaho ndetse akanafungwa.

Mu binyamakuru by’imyidagaduro bikomeye muri Amerika nka Fox News, New York Post, TMZ n’ibindi bitandukanye, barahuriza ku nkuru ivuga ko Diddy mu 1999 yari yavuze ko azafungwa.

Mu 1999 uyu muraperi yakoranye ikiganiro na Entertainment Tonight (ET) avuga ko bitewe n’ibirori ategura bikitabirwa n’abantu batandukanye, mu myaka izaza abantu bazagerageza kumushyira hasi, ndetse icyo gihe yavuze ko yari yaratangiye guterwa ubwoba.

Ibi ni ibirori byitabirwaga n’ibyamamare bikomeye mu ruganda rw’imyidagaduro muri Amerika, aho byemezwa ko abantu bakoreragamo ibikorwa by’ubusambanyi ariko P. Diddy agafata amashusho ababaga babikora akazayifashisha abatera ubwoba agira ibyo abasaba.

Bamwe mu bantu bakomeye bivugwa ko bajyaga berekeza muri ibyo birori barimo Leonardo DiCaprio, Kim Kardashian, Paris Hilton, Mariah Carey, Usher, Jennifer Lopez n’abandi batandukanye nk’uko The Mirror yabigarutseho.

Christian

Recent Posts

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

1 hour ago

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago