IMYIDAGADURO

Ifungwa ry’umuraperi P. Diddy ryari ryarahanuwe

Hahishuwe amashusho y’umuraperi Sean Diddy Combs wamamaye nka P. Diddy, aho yari yaravuze ko azafungwa ni ibintu yahanuye mu myaka igiye kuba 25 abivuze.

Umuraperi P. Diddy ufunzwe ashinjwa ibyaha byerekeranye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, mu myaka 25 ishize yari yaratangaje ko azashinjwa ibyaha arimo akurikiranwaho ndetse akanafungwa.

Mu binyamakuru by’imyidagaduro bikomeye muri Amerika nka Fox News, New York Post, TMZ n’ibindi bitandukanye, barahuriza ku nkuru ivuga ko Diddy mu 1999 yari yavuze ko azafungwa.

Mu 1999 uyu muraperi yakoranye ikiganiro na Entertainment Tonight (ET) avuga ko bitewe n’ibirori ategura bikitabirwa n’abantu batandukanye, mu myaka izaza abantu bazagerageza kumushyira hasi, ndetse icyo gihe yavuze ko yari yaratangiye guterwa ubwoba.

Ibi ni ibirori byitabirwaga n’ibyamamare bikomeye mu ruganda rw’imyidagaduro muri Amerika, aho byemezwa ko abantu bakoreragamo ibikorwa by’ubusambanyi ariko P. Diddy agafata amashusho ababaga babikora akazayifashisha abatera ubwoba agira ibyo abasaba.

Bamwe mu bantu bakomeye bivugwa ko bajyaga berekeza muri ibyo birori barimo Leonardo DiCaprio, Kim Kardashian, Paris Hilton, Mariah Carey, Usher, Jennifer Lopez n’abandi batandukanye nk’uko The Mirror yabigarutseho.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

19 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

19 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

20 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago