IMYIDAGADURO

Yago yatabarije abahanzi bahawe amarozi bigatuma bazima mu muziki

Umunyamakuru Nyarwaya Innocent ubifatanya n’ubuhanzi nka Yago Pot Dat yavuze ko hari abahanzi bibasiwe biturutse muri bagenzi babo byatumye impano ipfukiranwa mu buhanzi Nyarwanda.

Ibi Yago yabigarutseho mu kiganiro yanyujije ku muyoboro we wa YouTube uzwi nka Yago Tv Show.

Ni ikiganiro yavuzemo ibintu byinshi, gusa agaruka ku kibazo cy’amarozi nka kimwe mu bintu byugarije imyidagaduro nyarwanda, anatanga ingero z’abahanzi bagiye barogwa na bagenzi babo.

Mu bo yagarutseho harimo Mfuranzima Bruce wamenyekanye nka G-Bruce, Gisa cy’Inganzo na Amag The Black.

Kuri G-Bruce umwe mu bahanzi bari bafite impano mu muziki Nyarwanda yavuze ko yarozwe kandi bamwe mu bakorera mu gisate cy’imyidagaduro bakwiriye ku mwegera bakamuganiriza kuko afite ubuhamya bw’abamuroze.

Ati: “G-Bruce mugende mu muganirize ababwire inkuru y’umuhanzi mugenzi we wamuroze, ariko yarabivuze bamutera amabuye, bamushakira abanyamakuru bamwangisha abantu, ubu umuntu yitwa G-Bruce yarabuze. G-Bruce yarabuze kandi ari aho ngaho i Kigali. Mu mushake abaganirize kandi ndatekereza ko ari ’proud’ yo gutanga ubwo buhamya kubera ko yaciye mu bihe bigoye. N’uyu munsi ari mu bazimiye burundu kandi ni umuhanzi mwiza”.

Ni inkuru yagiye ivugwaho kenshi ukuntu bamwe bakabyemera abandi ntibabyemere, Yago we yavuze ko muri aya marozi hari abahanzi barogana hagati yabo, gusa rimwe na rimwe hakaba hanakoreshwa n’abafana.

Yago aherutse kwitandukanya nibyo Minisitiri w’Urubyiruko n’ibikorwa by’Ubuhanzi Utumatwishima Abdallah aherutse gutangaza ku byerekeye abantu biyise nka gatsiko ‘Big Energy’ ibintu Minisitiri yavuze ko bishobora kuzarangira bikoze ishyano.

Mu butumwa aheruka kwandika ku rubuga rwe rwa X, Yago yabwiye Minisitiri ufite ibikorwa by’Ubuhanzi mu nshingano ze ko yananiwe gukemura ibibazo byugarije imyidagaduro nyarwanda, none akaba yatangiye kumugaragaza nk’icyasha.

Ati: “Nyakubahwa Minisitiri Utumatwishima, Big Energy ni abakunzi b’ibikorwa byanjye, ntabwo ari agatsiko nk’uko mubibwiye abo mubereye abayobozi ari bo urubyiruko. Icyitonderwa: Ikibazo kiri muri Showbizz yo mu Rwanda cyarabananiye none ni njye uhindutse icyasha! Isi irareba!”

Yago yagiye avugwa gudacana uwaka n’abagenzi be bakorana mu gisate cy’imyidagaduro ku buryo yaje kuvuga ko yahisemo guhunga n’igihugu kubera uburyo batari bamubaniye, kuri ubu amakuru ahari ni uko Yago aherereye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

Yago yavuze ko hari abahanzi bibasiwe n’amarozi barozwe n’abagenzi babo bakora umuziki

Christian

Recent Posts

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

5 hours ago

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago