IMYIDAGADURO

Yago yatabarije abahanzi bahawe amarozi bigatuma bazima mu muziki

Umunyamakuru Nyarwaya Innocent ubifatanya n’ubuhanzi nka Yago Pot Dat yavuze ko hari abahanzi bibasiwe biturutse muri bagenzi babo byatumye impano ipfukiranwa mu buhanzi Nyarwanda.

Advertisements

Ibi Yago yabigarutseho mu kiganiro yanyujije ku muyoboro we wa YouTube uzwi nka Yago Tv Show.

Ni ikiganiro yavuzemo ibintu byinshi, gusa agaruka ku kibazo cy’amarozi nka kimwe mu bintu byugarije imyidagaduro nyarwanda, anatanga ingero z’abahanzi bagiye barogwa na bagenzi babo.

Mu bo yagarutseho harimo Mfuranzima Bruce wamenyekanye nka G-Bruce, Gisa cy’Inganzo na Amag The Black.

Kuri G-Bruce umwe mu bahanzi bari bafite impano mu muziki Nyarwanda yavuze ko yarozwe kandi bamwe mu bakorera mu gisate cy’imyidagaduro bakwiriye ku mwegera bakamuganiriza kuko afite ubuhamya bw’abamuroze.

Ati: “G-Bruce mugende mu muganirize ababwire inkuru y’umuhanzi mugenzi we wamuroze, ariko yarabivuze bamutera amabuye, bamushakira abanyamakuru bamwangisha abantu, ubu umuntu yitwa G-Bruce yarabuze. G-Bruce yarabuze kandi ari aho ngaho i Kigali. Mu mushake abaganirize kandi ndatekereza ko ari ’proud’ yo gutanga ubwo buhamya kubera ko yaciye mu bihe bigoye. N’uyu munsi ari mu bazimiye burundu kandi ni umuhanzi mwiza”.

Ni inkuru yagiye ivugwaho kenshi ukuntu bamwe bakabyemera abandi ntibabyemere, Yago we yavuze ko muri aya marozi hari abahanzi barogana hagati yabo, gusa rimwe na rimwe hakaba hanakoreshwa n’abafana.

Yago aherutse kwitandukanya nibyo Minisitiri w’Urubyiruko n’ibikorwa by’Ubuhanzi Utumatwishima Abdallah aherutse gutangaza ku byerekeye abantu biyise nka gatsiko ‘Big Energy’ ibintu Minisitiri yavuze ko bishobora kuzarangira bikoze ishyano.

Mu butumwa aheruka kwandika ku rubuga rwe rwa X, Yago yabwiye Minisitiri ufite ibikorwa by’Ubuhanzi mu nshingano ze ko yananiwe gukemura ibibazo byugarije imyidagaduro nyarwanda, none akaba yatangiye kumugaragaza nk’icyasha.

Ati: “Nyakubahwa Minisitiri Utumatwishima, Big Energy ni abakunzi b’ibikorwa byanjye, ntabwo ari agatsiko nk’uko mubibwiye abo mubereye abayobozi ari bo urubyiruko. Icyitonderwa: Ikibazo kiri muri Showbizz yo mu Rwanda cyarabananiye none ni njye uhindutse icyasha! Isi irareba!”

Yago yagiye avugwa gudacana uwaka n’abagenzi be bakorana mu gisate cy’imyidagaduro ku buryo yaje kuvuga ko yahisemo guhunga n’igihugu kubera uburyo batari bamubaniye, kuri ubu amakuru ahari ni uko Yago aherereye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

Yago yavuze ko hari abahanzi bibasiwe n’amarozi barozwe n’abagenzi babo bakora umuziki

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago