IMYIDAGADURO

Yago yatabarije abahanzi bahawe amarozi bigatuma bazima mu muziki

Umunyamakuru Nyarwaya Innocent ubifatanya n’ubuhanzi nka Yago Pot Dat yavuze ko hari abahanzi bibasiwe biturutse muri bagenzi babo byatumye impano ipfukiranwa mu buhanzi Nyarwanda.

Ibi Yago yabigarutseho mu kiganiro yanyujije ku muyoboro we wa YouTube uzwi nka Yago Tv Show.

Ni ikiganiro yavuzemo ibintu byinshi, gusa agaruka ku kibazo cy’amarozi nka kimwe mu bintu byugarije imyidagaduro nyarwanda, anatanga ingero z’abahanzi bagiye barogwa na bagenzi babo.

Mu bo yagarutseho harimo Mfuranzima Bruce wamenyekanye nka G-Bruce, Gisa cy’Inganzo na Amag The Black.

Kuri G-Bruce umwe mu bahanzi bari bafite impano mu muziki Nyarwanda yavuze ko yarozwe kandi bamwe mu bakorera mu gisate cy’imyidagaduro bakwiriye ku mwegera bakamuganiriza kuko afite ubuhamya bw’abamuroze.

Ati: “G-Bruce mugende mu muganirize ababwire inkuru y’umuhanzi mugenzi we wamuroze, ariko yarabivuze bamutera amabuye, bamushakira abanyamakuru bamwangisha abantu, ubu umuntu yitwa G-Bruce yarabuze. G-Bruce yarabuze kandi ari aho ngaho i Kigali. Mu mushake abaganirize kandi ndatekereza ko ari ’proud’ yo gutanga ubwo buhamya kubera ko yaciye mu bihe bigoye. N’uyu munsi ari mu bazimiye burundu kandi ni umuhanzi mwiza”.

Ni inkuru yagiye ivugwaho kenshi ukuntu bamwe bakabyemera abandi ntibabyemere, Yago we yavuze ko muri aya marozi hari abahanzi barogana hagati yabo, gusa rimwe na rimwe hakaba hanakoreshwa n’abafana.

Yago aherutse kwitandukanya nibyo Minisitiri w’Urubyiruko n’ibikorwa by’Ubuhanzi Utumatwishima Abdallah aherutse gutangaza ku byerekeye abantu biyise nka gatsiko ‘Big Energy’ ibintu Minisitiri yavuze ko bishobora kuzarangira bikoze ishyano.

Mu butumwa aheruka kwandika ku rubuga rwe rwa X, Yago yabwiye Minisitiri ufite ibikorwa by’Ubuhanzi mu nshingano ze ko yananiwe gukemura ibibazo byugarije imyidagaduro nyarwanda, none akaba yatangiye kumugaragaza nk’icyasha.

Ati: “Nyakubahwa Minisitiri Utumatwishima, Big Energy ni abakunzi b’ibikorwa byanjye, ntabwo ari agatsiko nk’uko mubibwiye abo mubereye abayobozi ari bo urubyiruko. Icyitonderwa: Ikibazo kiri muri Showbizz yo mu Rwanda cyarabananiye none ni njye uhindutse icyasha! Isi irareba!”

Yago yagiye avugwa gudacana uwaka n’abagenzi be bakorana mu gisate cy’imyidagaduro ku buryo yaje kuvuga ko yahisemo guhunga n’igihugu kubera uburyo batari bamubaniye, kuri ubu amakuru ahari ni uko Yago aherereye mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.

Yago yavuze ko hari abahanzi bibasiwe n’amarozi barozwe n’abagenzi babo bakora umuziki

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago