IMYIDAGADURO

P. Diddy ntiyemerewe kurya ibiryo byo muri Gereza

Amakuru aravuga umuraperi Sean Diddy Combs wamenyekanye nka P. Diddy ukurikiranweho ibyaha bikomeye birimo gufata ku ngufu no gucuruza abakobwa, yarinzwe guhabwa amafunguro yo muri Gereza mu buryo bwo kwikanga ko yarogwa.

Umujyanama akaba n’umwe mu bigeze gufungirwa muri Gereza ya Wall Streets, Larry Levine yatangaje ko bahawe amakuru ko P. Diddy nta biryo byo muri Gereza ari guhabwa mugihe iperereza rikomeje.

Kuri ubu Diddy afungiye muri gereza ya Brooklyn muri Metropolitan nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abagore, kubatoteza, no gutwara abantu ahantu hihishe kugira ngo abakorere ubusambanyi. Ni mugihe icyifuzo cye cy’ubujurire kubyaha aregwa urukiko rumaze kubyanga kabiri.

Amakuru ataremezwa neza ni uko ngo Diddy ashobora kuba ngo afungiye ahantu hihariye atari muri Gereza, mu gihe iperereza rigikomeje kuko bashobora kwikanga ko yarogwa igihe cyose.

Levine avuga ko bigoye P. Diddy yakwikura mu byaha akurikiranweho bitewe n’uburyo biremereye, kuko n’ubujurire bwe bumaze inshuro irenze imwe kandi ibyaha ashinjwa bifite uburemere.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ibirego y’impapuro 14 zashyizwe ahagaragara, Diddy arashinjwa guhohotera, gutera ubwoba, no guhatira abagore n’abandi bamukikije kwinezeza “Gusambanya aba bagana mu nzu ye, ndetse abo bafatikanyije bakarinda gusenya izina rye no guhisha imyitwarire ye muri rusange.” 

Ni ibyaha Sean Diddy Combs nyiri Bad Boys Records yahakanye yivuye inyuma.

Christian

Recent Posts

Amatariki y’umukino wa APR Fc na Rayon Sports yahinduwe, ntibyakirwa neza

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports…

12 hours ago

Paul Pogba agiye kugaruka mu kibuga nyuma yo kugabanyirizwa ibihano

Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…

14 hours ago

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

16 hours ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

17 hours ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

18 hours ago

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…

18 hours ago