Amakuru aravuga umuraperi Sean Diddy Combs wamenyekanye nka P. Diddy ukurikiranweho ibyaha bikomeye birimo gufata ku ngufu no gucuruza abakobwa, yarinzwe guhabwa amafunguro yo muri Gereza mu buryo bwo kwikanga ko yarogwa.
Umujyanama akaba n’umwe mu bigeze gufungirwa muri Gereza ya Wall Streets, Larry Levine yatangaje ko bahawe amakuru ko P. Diddy nta biryo byo muri Gereza ari guhabwa mugihe iperereza rikomeje.
Kuri ubu Diddy afungiye muri gereza ya Brooklyn muri Metropolitan nyuma yo gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abagore, kubatoteza, no gutwara abantu ahantu hihishe kugira ngo abakorere ubusambanyi. Ni mugihe icyifuzo cye cy’ubujurire kubyaha aregwa urukiko rumaze kubyanga kabiri.
Amakuru ataremezwa neza ni uko ngo Diddy ashobora kuba ngo afungiye ahantu hihariye atari muri Gereza, mu gihe iperereza rigikomeje kuko bashobora kwikanga ko yarogwa igihe cyose.
Levine avuga ko bigoye P. Diddy yakwikura mu byaha akurikiranweho bitewe n’uburyo biremereye, kuko n’ubujurire bwe bumaze inshuro irenze imwe kandi ibyaha ashinjwa bifite uburemere.
Nk’uko bigaragara mu nyandiko y’ibirego y’impapuro 14 zashyizwe ahagaragara, Diddy arashinjwa guhohotera, gutera ubwoba, no guhatira abagore n’abandi bamukikije kwinezeza “Gusambanya aba bagana mu nzu ye, ndetse abo bafatikanyije bakarinda gusenya izina rye no guhisha imyitwarire ye muri rusange.”
Ni ibyaha Sean Diddy Combs nyiri Bad Boys Records yahakanye yivuye inyuma.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…