Umukino wagombaga guhuza Police FC na Kiyovu Sports kuri uyu wa kane tariki 26 Nzeri 2024 wamaze guhindurirwa amasaha yari kuzabera Saa Cyenda z’amanywa 15h00′ ushyirwa Saa Munani z’amanywa 14H00′.
Ni ukubera umukino w’igikombe cy’iruta ibindi mu bari n’abategarugori, FERWAFA Women Super Cup 2024, uzabera kuri Kigali Pelé Stadium kuri uwo munsi n’ubundi ukaba washyizwe ku isaha ya Saa Kumi z’umugoroba (16h00).
Police FC yagombaga kwakira Kiyovu Sports mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa kabiri wa shampiyona, Rwanda Premier League, kuri uyu wa kane kuri Kigali Pelé Stadium Saa cyenda zuzuye gusa uyu mukino wimuriwe saa munani zuzuye nk’uko twabigarutseho ruguru.
Impamvu uyu mukino wimuwe ni uko kuri uwo munsi muri Kigali Pelé Stadium hateganyijwe n’umukino wa FERWAFA Women Super Cup 2024 uzahuza Rayon Sports WFC na AS Kigali WFC saa kumi z’umugoroba.
Amasaha akaba yahinduwe kugira ngo iyi mikino yombi izabashe kubera muri Kigali Pelé Stadium ku munsi umwe.
Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports…
Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…
Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…
Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…
Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…
Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…