Umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports, Ngabo Roben yemeje ko muri iy’ikipe abereye umuvugizi yugarijwe n’ibibazo by’amikoro.
Mu kiganiro yahaye Radio ya Fine FM, Roben yavuze ko muri Rayon Sports harimo ibibazo by’amikoro ariko ko bari mu nzira yo kubishakira umuti.
Ati “Si ukubeshya cyangwa kubica ku ruhande, Rayon Sports ifite ibibazo by’amikoro. Biri kuganirwaho n’inzego zitandukanye ku buryo byazacyemuka vuba kandi mu buryo burambye.”
Roben avuze ibi mugihe hari hamaze iminsi bivugwa ko hari n’abakinnyi bagiye basesa amasezerano muri Rayon Sports bikavugwa intandaro ari ay’amikoro.
Urugero rwa hafi ni nk’umukinnyi Haruna Niyonzima wahisemo gusesa amasezerano mu ikipe ya Rayon Sports ayikiniye umukino umwe gusa wa shampiyona nyuma y’uko ngo ibyo bari bemeranyijwe ku mpande zombi bitubahirijwe.
Rayon Sports kandi iherutse gutakaza uwari Perezida wayo ariwe Jean Fidele Uwayezu wemeje ko yeguye ku mpamvu z’uburwayi.
Gusa abenshi bagiye bahuriza kukuba muri iy’ikipe harimo ibibazo byinshi birimo kudahemba imishahara abakinnyi yewe amikoro akaza ku isonga.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…