IMIKINO

Umuvugizi wa Rayon Sports Roben yemeje ko bugarijwe n’ibibazo by’amikoro

Umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports, Ngabo Roben yemeje ko muri iy’ikipe abereye umuvugizi yugarijwe n’ibibazo by’amikoro.

Mu kiganiro yahaye Radio ya Fine FM, Roben yavuze ko muri Rayon Sports harimo ibibazo by’amikoro ariko ko bari mu nzira yo kubishakira umuti.

Ati “Si ukubeshya cyangwa kubica ku ruhande, Rayon Sports ifite ibibazo by’amikoro. Biri kuganirwaho n’inzego zitandukanye ku buryo byazacyemuka vuba kandi mu buryo burambye.”

Roben avuze ibi mugihe hari hamaze iminsi bivugwa ko hari n’abakinnyi bagiye basesa amasezerano muri Rayon Sports bikavugwa intandaro ari ay’amikoro.

Urugero rwa hafi ni nk’umukinnyi Haruna Niyonzima wahisemo gusesa amasezerano mu ikipe ya Rayon Sports ayikiniye umukino umwe gusa wa shampiyona nyuma y’uko ngo ibyo bari bemeranyijwe ku mpande zombi bitubahirijwe.

Rayon Sports kandi iherutse gutakaza uwari Perezida wayo ariwe Jean Fidele Uwayezu wemeje ko yeguye ku mpamvu z’uburwayi.

Gusa abenshi bagiye bahuriza kukuba muri iy’ikipe harimo ibibazo byinshi birimo kudahemba imishahara abakinnyi yewe amikoro akaza ku isonga.

Ngabo Roben yemeje ko muri Rayon Sports harimo ibibazo by’amikoro

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

12 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

13 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

13 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

13 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago