MU MAHANGA

Donald Trump yemeje ko natorerwa kuyobora Amerika azayikura mu ntambara Ukraine imaze igihe irimo

Kandida Perezida Donald Trump uhatanira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’America, yemeje ko naramuka atsinze amatora ateganyijwe uyu mwaka azahita avana igihugu cye mu ntambara ya Ukraine n’Uburusiya.

Advertisements

Intambara ihanganishije Ukraine n’Uburusiya bamwe badatinya kuvuga ko ari Amerika iyirwana cyokoze ikitwikira mu mutaka wa Ukraine, Donald Trump we avuga ko atumva ibyabo bityo natorwa azahita akura Igihugu cye muri iyo ntambara.

Amerika ni kimwe mu bihugu bikomeje gutuma iyi ntambara itarangira, gitanga inkunga nyinshi y’intwaro kuri Ukraine, ni mu gihe iyi ntambara yatangijwe n’Uburusiya buvuga ko buri kwirwanaho  kuko bwakekaga ko ibihugu byibumbiye muri Otani bishobora kuyirasaho byinjiriye muri Ukraine nk’Igihugu  gituranyi cy’Uburusiya.

Ku wa 24 Nzeri, Kandida Perezida Donald Trump yavuze ko naramuka atowe, intambara igomba guhita ihagarara byihuse.

Yagize ati “Biden na Kamala nibo badushyize muri iyi ntambara, ariko ntibabasha kuyituvanamo. Ndakeka ko tuzahera muri iyi ntambara nindamuka ntabaye Perezida. Nimba Perezida nzayirangiza. Tugomba kuyivamo.”

Ibi bije bikurikira ibyo Trump yavuze mu ntangiriro z’iki cyumweru, aho yavuze ko Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ashaka ko Kamala Harris ari we utsinda amatora ku mwanya wa Perezida wa Amerija ngo intambara ikomeze.

Yavuze ko bibabaje uburyo buri gihe iyo Zelenksy agiye gusura Amerika, ahavana miliyari 60$ z’inkunga yo gukomeza intambara.

Perezida wa Ukraine Zelensky yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iyi minsi, rukaba ari urugendo rugamije guhura n’abayobozi b’icyo gihugu ku buryo bakomeza kumushyigikira mu ntambara. Byavugwaga ko Zelensky ateganya guhura na Trump muri Amerika icyakora abo ku ruhande rwa Trump babihakanye.

Kuva mu ntagiriro za 2022, Amerika imaze gutera inkunga  Ukraine asaga Miliyari 56 z’Amadorari mu rwego rwo gukomeza Intambara.

Ni mugihe biteganyijwe  ko Amerika itangaza izindi miliyoni 375$ yo gukomeza gufasha Ukraine guhangana n’u Burusiya, ibi Trump akaba atabikozwa  kuko abona uwo bahanganye Harris Kamala ashyigikiye iyo ntambara nk’umuntu ukomoka mu ishyaka rimwe na Joe Biden, Perezida wa Amerika.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago