MU MAHANGA

Donald Trump yemeje ko natorerwa kuyobora Amerika azayikura mu ntambara Ukraine imaze igihe irimo

Kandida Perezida Donald Trump uhatanira kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’America, yemeje ko naramuka atsinze amatora ateganyijwe uyu mwaka azahita avana igihugu cye mu ntambara ya Ukraine n’Uburusiya.

Intambara ihanganishije Ukraine n’Uburusiya bamwe badatinya kuvuga ko ari Amerika iyirwana cyokoze ikitwikira mu mutaka wa Ukraine, Donald Trump we avuga ko atumva ibyabo bityo natorwa azahita akura Igihugu cye muri iyo ntambara.

Amerika ni kimwe mu bihugu bikomeje gutuma iyi ntambara itarangira, gitanga inkunga nyinshi y’intwaro kuri Ukraine, ni mu gihe iyi ntambara yatangijwe n’Uburusiya buvuga ko buri kwirwanaho  kuko bwakekaga ko ibihugu byibumbiye muri Otani bishobora kuyirasaho byinjiriye muri Ukraine nk’Igihugu  gituranyi cy’Uburusiya.

Ku wa 24 Nzeri, Kandida Perezida Donald Trump yavuze ko naramuka atowe, intambara igomba guhita ihagarara byihuse.

Yagize ati “Biden na Kamala nibo badushyize muri iyi ntambara, ariko ntibabasha kuyituvanamo. Ndakeka ko tuzahera muri iyi ntambara nindamuka ntabaye Perezida. Nimba Perezida nzayirangiza. Tugomba kuyivamo.”

Ibi bije bikurikira ibyo Trump yavuze mu ntangiriro z’iki cyumweru, aho yavuze ko Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ashaka ko Kamala Harris ari we utsinda amatora ku mwanya wa Perezida wa Amerija ngo intambara ikomeze.

Yavuze ko bibabaje uburyo buri gihe iyo Zelenksy agiye gusura Amerika, ahavana miliyari 60$ z’inkunga yo gukomeza intambara.

Perezida wa Ukraine Zelensky yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iyi minsi, rukaba ari urugendo rugamije guhura n’abayobozi b’icyo gihugu ku buryo bakomeza kumushyigikira mu ntambara. Byavugwaga ko Zelensky ateganya guhura na Trump muri Amerika icyakora abo ku ruhande rwa Trump babihakanye.

Kuva mu ntagiriro za 2022, Amerika imaze gutera inkunga  Ukraine asaga Miliyari 56 z’Amadorari mu rwego rwo gukomeza Intambara.

Ni mugihe biteganyijwe  ko Amerika itangaza izindi miliyoni 375$ yo gukomeza gufasha Ukraine guhangana n’u Burusiya, ibi Trump akaba atabikozwa  kuko abona uwo bahanganye Harris Kamala ashyigikiye iyo ntambara nk’umuntu ukomoka mu ishyaka rimwe na Joe Biden, Perezida wa Amerika.

Christian

Recent Posts

Amatariki y’umukino wa APR Fc na Rayon Sports yahinduwe, ntibyakirwa neza

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports…

12 hours ago

Paul Pogba agiye kugaruka mu kibuga nyuma yo kugabanyirizwa ibihano

Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…

14 hours ago

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

16 hours ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

17 hours ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

18 hours ago

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…

18 hours ago