Omar al-Bashir, wabaye Perezida wa Sudan imyaka 30, nyuma akaza guhirikwa ku butegetsi, akanatabwa muri yombi n’ubuyobozi bwa gisirikare, yajyanywe mu bitaro nyuma y’uko ubuzima bwe butameze neza.
Nk’uko ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press b’ibitangaza, uyu munyamategeko avuga ko mu minsi ishize, ubuzima bwa al-Bashir bwagiye burushaho kumera nabi, ariko atarembye.
Uyu mugabo wagiye ku butegetsi mu 1989, akoze Coup d’état, muri Mata 2019, nibwo nawe yabukuweho n’igisirikare ndetse aza no gufungirwa mu rugo rwe.
Ni nyuma y’uko mu 2013 muri Sudani habaye imyigaragambyo y’abarwanyaga guverinoma ye nyuma y’icyemezo cyo kuzamura ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli. Ababarirwa muri mirongo baguye muri iyi myigaragambyo.
Mu Ukuboza 2018, nabwo habaye indi myigaragambyo karundura yatumye benshi bigabiza imihanda mu Mijyi itandukanye nyuma yo kuzamura ibiciro by’imigati bikikuba gatatu, aho abigaragambyaga basabaga ko yegura, ndetse mu mwaka wakurikiyeho igisirikare kimukura ku butegetsi.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…