POLITIKE

Ibirego DRC iregamo u Rwanda rwasabye ko biteshwa agaciro

Kuri uyu wa Kane, tariki 26 Nzeri 2024, Urukiko rw’Ubutabera rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ruherereye i Arusha muri Tanzania, rwatangiye kumva ibyifuzo biva mu rubanza rwatanzwe na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iregamo Leta y’u Rwanda.

Advertisements

N’ibirego Kongo ishinjamo u Rwanda kugira uruhare mu makimbirane abera muri Kivu y’Amajyaruguru binyuze mu gushyigikira M23 ihanganye bikomeye n’igisirikare cy’Igihugu FARDC.

Ikindi, RDC ishinja u Rwanda n’ibikorwa by’ubushotoranyi bivogera ubusugire bwayo, ubusugire bw’intara zayo kandi ngo bigahungabanya umudendezo muri politiki n’ubwigenge.

Ibyo bikorwa by’u Rwanda ngo byatumye habaho ihonyora rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu cyifuzo cya 4 n’icya 5 u Rwanda rwo rwanenze ko inyandiko zatanzwe na DRC mu Rukiko zitari zahinduwe ziva mu Gifaransa zishyirwa mu Cyongereza, arirwo rurimi rwemewe rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Bityo u Rwanda rwasabye icyemezo cy’urukiko cyo guhagarika urwo rubanza.

Ni mu gihe ibyifuzo 15 na 16, byatanzwe na Guverinoma ya DRC birega u Rwanda, bisaba urukiko umwanya wo gutanga inyandiko zahinduwe mu Cyongereza n’ibimenyetso by’inyongera mu rubanza nyamukuru (Reference No. 33 of 2023 and Application No. 13 of 2023).

Iburanisha riri kubera i Arusha muri Tanzania

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago