POLITIKE

Ibirego DRC iregamo u Rwanda rwasabye ko biteshwa agaciro

Kuri uyu wa Kane, tariki 26 Nzeri 2024, Urukiko rw’Ubutabera rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ruherereye i Arusha muri Tanzania, rwatangiye kumva ibyifuzo biva mu rubanza rwatanzwe na Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo iregamo Leta y’u Rwanda.

N’ibirego Kongo ishinjamo u Rwanda kugira uruhare mu makimbirane abera muri Kivu y’Amajyaruguru binyuze mu gushyigikira M23 ihanganye bikomeye n’igisirikare cy’Igihugu FARDC.

Ikindi, RDC ishinja u Rwanda n’ibikorwa by’ubushotoranyi bivogera ubusugire bwayo, ubusugire bw’intara zayo kandi ngo bigahungabanya umudendezo muri politiki n’ubwigenge.

Ibyo bikorwa by’u Rwanda ngo byatumye habaho ihonyora rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu cyifuzo cya 4 n’icya 5 u Rwanda rwo rwanenze ko inyandiko zatanzwe na DRC mu Rukiko zitari zahinduwe ziva mu Gifaransa zishyirwa mu Cyongereza, arirwo rurimi rwemewe rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Bityo u Rwanda rwasabye icyemezo cy’urukiko cyo guhagarika urwo rubanza.

Ni mu gihe ibyifuzo 15 na 16, byatanzwe na Guverinoma ya DRC birega u Rwanda, bisaba urukiko umwanya wo gutanga inyandiko zahinduwe mu Cyongereza n’ibimenyetso by’inyongera mu rubanza nyamukuru (Reference No. 33 of 2023 and Application No. 13 of 2023).

Iburanisha riri kubera i Arusha muri Tanzania

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago