INKURU ZIDASANZWE

Israel yakomeje intambara yeruye ku mutwe wa Hezbollah

Nyuma yaho Amerika n’ibindi bihugu by’Uburayi bisabye agahenge mu ntambara Israel ikomeje kurwanamo n’umutwe wa Hezbollah, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yabwiye igisirikare cy’iki gihugu gukomeza kurwanya n’ingufu zose umutwe witwaje intwaro wa Hezbollah.

Minisiteri y’ubuzima ya Liban yavuze ko ku wa Kane byibuze abantu 92 baguye mu bitero by’indege bya Israel mu gihe abandi magana bamaze kwicwa kuva ibitero byafata intera ku wa Mbere.

Hezbollah yemeje ko igitero cy’indege cyagabwe ku nyubako y’igorofa mu majyepfo ya Beirut cyahitanye umuyobozi w’ishami ry’indege zitagira abapilote, Mohammad Surur.

Ubwoba bw’intambara yeruye hagati ya Israel na Hezbollah buri hejuru, nyuma yo kwiyongera gukabije kw’ibitero bya Israel muri Liban kuva ku wa Mbere nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Kwiyongera kw’amakimbirane kwatumye itsinda ry’ibihugu 12 birimo Amerika, u Bwongereza n’Ubumwe bw’u Burayi risaba agahenge k’ibyumweru bitatu hagati ya Israel na Hezbollah ku wa Gatatu.

Christian

Recent Posts

Amatariki y’umukino wa APR Fc na Rayon Sports yahinduwe, ntibyakirwa neza

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports…

12 hours ago

Paul Pogba agiye kugaruka mu kibuga nyuma yo kugabanyirizwa ibihano

Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…

14 hours ago

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

16 hours ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

17 hours ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

18 hours ago

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…

18 hours ago