INKURU ZIDASANZWE

Kompanyi icuruza amavuta ya ‘Baby Oil’ yavuze ko itagurishije P. Diddy basanganye amacupa asaga 1000

Kompanyi yitwa Costco Wholesale Corporation ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yitandukanyije na P. Diddy ukomeje gukurikiranwaho ibibazo byo gufata ku ngufu ko itigeze imugurisha amavuta ya ‘Baby Oil’ nyuma yo gusanganwa amacupa 1000.

Amavuta ya ‘Baby Oil’ akaba akoreshwa mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina, ndetse mu minsi yashize ubwo Diddy yatabwaga muri yombi ashinjwa ibyaha bishingiye ku ihohoterwa ryo ku gitsina, aya macupa yasanzwe iwe murugo.

Icyo gihe, umushinjacyaha mukuru wa New York Damian Williams yavuze ko ariya mavuta ari gihamya simusiga ko ibyo Diddy ashinjwa ari byo.

Nyamara ariko, umunyamategeko wa Diddy, Marc Agnifilo,  yavuze ko ayo mavuta yayaguze muri Costco, ariko kandi arenzaho ko ari uburenganzira bwe kuba yatunga menshi kuko ntawe ushinzwe kugenzura uburyo ateramo akabariro.

Kuri iyi nshuro, mu magambo make Costco yabwiye TMZ ko batigeze bagurisha ariya mavuta Diddy, ndetse ko batanayacuruza. Ati “Ntabwo twigeze tugurisha amavuta. Nta na kompanyi yo muri Amerika iyacuruza.”

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

11 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago