INKURU ZIDASANZWE

Kompanyi icuruza amavuta ya ‘Baby Oil’ yavuze ko itagurishije P. Diddy basanganye amacupa asaga 1000

Kompanyi yitwa Costco Wholesale Corporation ikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yitandukanyije na P. Diddy ukomeje gukurikiranwaho ibibazo byo gufata ku ngufu ko itigeze imugurisha amavuta ya ‘Baby Oil’ nyuma yo gusanganwa amacupa 1000.

Advertisements

Amavuta ya ‘Baby Oil’ akaba akoreshwa mu bikorwa by’imibonano mpuzabitsina, ndetse mu minsi yashize ubwo Diddy yatabwaga muri yombi ashinjwa ibyaha bishingiye ku ihohoterwa ryo ku gitsina, aya macupa yasanzwe iwe murugo.

Icyo gihe, umushinjacyaha mukuru wa New York Damian Williams yavuze ko ariya mavuta ari gihamya simusiga ko ibyo Diddy ashinjwa ari byo.

Nyamara ariko, umunyamategeko wa Diddy, Marc Agnifilo,  yavuze ko ayo mavuta yayaguze muri Costco, ariko kandi arenzaho ko ari uburenganzira bwe kuba yatunga menshi kuko ntawe ushinzwe kugenzura uburyo ateramo akabariro.

Kuri iyi nshuro, mu magambo make Costco yabwiye TMZ ko batigeze bagurisha ariya mavuta Diddy, ndetse ko batanayacuruza. Ati “Ntabwo twigeze tugurisha amavuta. Nta na kompanyi yo muri Amerika iyacuruza.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago