IMYIDAGADURO

Amerika: Abarega P. Diddy ko yabahohoteye bamaze kurenga 50

Umuraperi Sean Diddy Combs wamamaye nka P. Diddy kugeza ubu watawe muri yombi, akurikiranweho ibyaha bitandukanye birimo guhohotera no gufata ku ngufu bamwe mu bakobwa bitabiraga ibirori byaberaga iwe mu Rugo.

Advertisements

Kugeza kuri ubu urugaga rw’abavoka mu Mujyi wa Houston muri Amerika rwatangaje ko rumaze kwakira abahohotewe na P. Diddy n’itsinda rye barenga 50, kandi ngo bazakomeza kwiyongera uko ikirego kizakomeza.

Umunyamategeko w’urwo rugaga rwa Houston, Hony Buzbee, yagiye ku rukuta rwa Instagram rwabo avuga ko yakireye amatsinda y’abagabo n’abagore bavuga ko bahohotewe na P. Diddy mu bihe bitandukanye.

Yavuze ko bamuhaye ubuhamya ku ihohoterwa ryo ku gitsina udashobora kwiyumvisha bakorewe na Diddy n’itsinda rye ryabaga ririmo abarinzi be n’abandi.

Avuga ko ngo bamuhaye ubuhamya bw’ibyaberaga mu birori Diddy yategura aho bamubwiye ko haberagamo ubusambanyi umuntu adashobora kwiyumvisha.

Uyu munyamategeko Buzbee avuga ko bamwe mu bo yakiriye, bakorewe ihohoterwa bakiri bato ku buryo ngo bari gutegura ikiganiro n’itangazamakuru, aho buri umwe azitangira ubuhamya bwe.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu nta kirego yari yagatanze, ariko mu Cyumweru gitaha nawe yitegura kugeza mu rukiko ibirego yahawe nk’uko TMZ dukesha iyi nkuru yabyanditse.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago