INKURU ZIDASANZWE

Gatsibo: Umukobwa akurikiranweho kwica Mama we, umurambo akawutaba mu nzu

Mu Karere ka Gatsibo haravugwa inkuru y’umukobwa witwa Scovia ukekwaho kwica umubyeyi we umubyara witwa Nyirabagande Xavelina wari mu kigero cy’imyaka 65 y’amavuko.

Ibi byabereye mu Murenge wa Ngarama, Akagari ka Kigasha, Umudugudu wa Byimana, aho bivugwa ko Scovia yaba yarakoze ibyo kugira ngo yigarurire imitungo yari asanzwe atuyemo.

Ni amakuru yamenyekanye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 27 Nzeri 2024.

Bamwe mu baturanyi b’uyu muryango bavuga ko mu ntangiriro z’uyu mwaka uyu mukobwa yaje iwabo ashaka kugurisha imitungo y’umuryango ariko nyina aramwangira, asubira aho yabaga ariko agenda avuga ko azica Nyina.

Bikaba bivugwa ko Muri Mata 2024, ngo yaje kugaruka akica umubyeyi we akamutaba mu nzu. Icyo gihe we n’umugabo we babanaga muri urwo rugo, uwo mukobwa iyo yabazwaga aho mama we ari, yababeshyaga ko yagiye gusura abantu muri Uganda.

Nyuma yaje kwimukira mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Gatsibo, iyo nzu ayisigamo abayikodeshaga, ariko aza kongera kugaruka muri urwo rugo abwira abantu ko Nyina yapfiriye muri Uganda arangije ashaka kugurisha imitungo abavandimwe be baramwangira.

Umwe mu bakodeshaga, baba muri iyo nzu yavuze ko, kuri uyu wa Gatanu taliki 27 Nzeri 2024 mu gihe cya Saa yine za mu gitondo, yinjiye mu cyumba kimwe cy’iyo nzu yakandagira agahita atebera, agahita ahuruza abaturanyi bacukura bagasanga hatabyemo Nyirabagande Xavelina azingazingiye mu nzitiramibu.

Umwe mu baturage bari aho ibyo biba, bakimara kumenya ibyabaye avuga ko batunguwe no kumenya ibyabaye, yagize ati: “Gusa birababaje cyane ntibyari bikwiye ko umwana yakwica umubyeyi we.”

Gasana Richard,Meya w’Akarere ka Gatsibo, yahamije iby’aya makuru, avuga ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane ibyihishe inyuma y’uru rupfu.

Meya Gasana yagize ati: “Yego byabaye ariko ndatekereza ko andi makuru yisumbuye yatangwa n’inzego zirimo kubikurikirana.”

Meya Gasana akomeza avuga ko nta muntu n’umwe ukwiye kwihanira,avuga ko iyo abantu bafitanye ibibazo hari uburyo bwashyizweho bwemewe bwabafasha kuko nta muntu n’umwe uri hejuru y’itegeko kugeza aho avutsa ubuzima mugenzi we.

Amakuru avuga ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe gutunganywa, kugira ngo ushyingurwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya28 Nzeri 2024.

Mu gihe iperereza rigikomeje umukobwa ukekwaho kwica umubyeyi we yahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago