INKURU ZIDASANZWE

Minisante yemeje ko abantu 6 bishwe na virusi ya Marburg mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Nzeri 2024, Minisiteri y’Ubuzima yemeje ko abantu 6 aribo bamaze gupfa bazize icyorezo cy’indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg mu Rwanda.

Muri rusange abamaze kwandura iyi ndwara ni 26 mu Gihugu hose, harimo n’abo 6 bitabye Imana.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko abahitanwe n’iyi ndwara n’abayanduye biganjemo abakozi bo kwa muganga.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje iyi mibare binyuze mu butumwa bw’amashusho bwagenewe abaturarwanda muri rusange.

Yavuze ko muri rusange abamaze kwandura iyi ndwara ari 26 mu Gihugu hose barimo n’abagera kuri 6 bitabye Imana.

Dr Nsanzimana yavuze ko abahitanwe n’iyi ndwara n’abayanduye biganjemo abakozi bo kwa muganga.

Mu butumwa bwe, Dr Sabin Nsanzimana yasabye abaturage kudakuka umutima no gukomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda Marburg zirimo kugira isuku y’intoki.

Ati “Ubufatanye bwacu ni bwo bwatumye dutsinda n’ibindi byorezo. Turi kumwe kandi #Tuzatsinda vuba.’’

Ku wa 27 Nzeri 2024, ni bwo Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda hagaragaye abarwayi bake barwaye indwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg.

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ikomeje igikorwa cyo kumenya abagiye bahura n’abagaragaweho n’iyi virusi n’abo yahitanye.

Indwara ya Marburg ikwirakwizwa no gukora ku maraso n’amatembabuzi y’abantu bayirwaye. 

Iyi ndwara ni icyorezo kiri mu cyiciro cy’ibindi bikomeye nka Ebola. Yamenyekanye cyane mu 1967 mu Mijyi ya Marburg na Frankfurt mu Budage no mu wa Belgrade muri Serbie.

U Rwanda si igihugu cya mbere muri Afurika kibonetsemo iyi ndwara kuko yanagaragaye mu bihugu birimo Angola, RDC, Kenya, Afurika y’Epfo, Uganda na Tanzania.

Virusi ya Marburg ni icyorezo kiri mu cyiciro cy’ibindi bikomeye nka Ebola. Yamenyekanye cyane mu 1967 mu mijyi ya Marburg na Frankfurt mu Budage ndetse no mu mujyi wa Belgrade muri Serbia.

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago