RWANDA

Abanyarwanda turabasaba kudakuka imitima kubera icyorezo cya Marburg-Dr Sabin Nsanzimana

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, kigaruka ku ishusho rusange cy’icyorezo cya Marburg cyagaragaye mu Rwanda kikaba kimaze no guhitana abantu batandatu, Minisiteri y’Ubuzima yasabye abanyarwanda kudakuka imitima.

Minisitiri Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko abantu batagiye guhagarika imirimo cyangwa ngo hashyirweho ingamba zirimo izo gukumira abaturage kujya muri gahunda zabo kubera iyi ndwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, ahubwo basabwa kubahiriza ingamba z’isuku no kwirinda gukoranaho.

Ati “Icyo twanavuze guhera ku munsi wa mbere ni uko imirimo abantu bayikomeza uko bisanzwe, ubu tugeze ahantu heza mu minsi ya mbere,  n’ahandi cyagiye kiba ntabwo cyatinze cyane, amezi abiri cyangwa atatu niyo cyagiye kimara ariko igikomeye cyane mu byorezo nk’ibi iyo wamaze kugitahura, igikurikiraho ni ukugihagarika vuba.”

Yongeyeho ati “Ikindi dusaba ni uko abaturage bagira umutuzo bagakomeza imirimo yabo bakoraga kuko iyi ndwara itandukanye n’izindi twahanganye na zo nka COVID-19 cyangwa izindi kuko yo ntabwo yandurira mu mwuka. Binasobanuye ko ari ngombwa kwirinda gukoranaho, ibyo bijyana n’isuku.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin, yavuze ko n’ubwo ari ubwa mbere Virusi ya Marburg igaragaye mu Rwanda ariko yari isanzwe izwi kuko yagiye iboneka mu bihugu bitandukanye ndetse hamaze kubaho ibyorezo 13 biyishamikiyeho.

Ati “Iyi virusi ikunda kuva mu nyamaswa, inkende cyangwa uducurama. Rero iyo igeze ku muntu hagati y’iminsi itatu na 21, ashobora kuba yagaragaje ibimenyetso.”

Minisitiri Dr Nsanzimana yavuze ko kugeza ubu hari abantu 6 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo cya Marburg,  aho abagera kuri 20 bayigaragayeho.

Abantu 300 ni bo bamaze kumenyekana ko bahuye n’abarwaye Marburg.

Ibimenyetso by’ugaragayeho iki cyorezo cya Marburg ni ukugira umuriro ukabije, kurwara umutwe cyane, kubabara mu ngingo no mu mikaya ndetse no gucika intege.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abanyarwanda muri rusange, ugaragayeho ibyo bimenyetso yakwihutira kujya kwa muganga akirinda gukomeza akazi cyangwa ahura na bantu benshi.

Mu buryo bwo kuyirinda ni ukugira isuku muri rusange, umuntu akaraba intoki inshuro zishoboka, yirinda gusuhuzanya bya hato na hato.

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago