RWANDA

Abanyarwanda turabasaba kudakuka imitima kubera icyorezo cya Marburg-Dr Sabin Nsanzimana

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, kigaruka ku ishusho rusange cy’icyorezo cya Marburg cyagaragaye mu Rwanda kikaba kimaze no guhitana abantu batandatu, Minisiteri y’Ubuzima yasabye abanyarwanda kudakuka imitima.

Advertisements

Minisitiri Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko abantu batagiye guhagarika imirimo cyangwa ngo hashyirweho ingamba zirimo izo gukumira abaturage kujya muri gahunda zabo kubera iyi ndwara y’umuriro mwinshi iterwa na virusi ya Marburg, ahubwo basabwa kubahiriza ingamba z’isuku no kwirinda gukoranaho.

Ati “Icyo twanavuze guhera ku munsi wa mbere ni uko imirimo abantu bayikomeza uko bisanzwe, ubu tugeze ahantu heza mu minsi ya mbere,  n’ahandi cyagiye kiba ntabwo cyatinze cyane, amezi abiri cyangwa atatu niyo cyagiye kimara ariko igikomeye cyane mu byorezo nk’ibi iyo wamaze kugitahura, igikurikiraho ni ukugihagarika vuba.”

Yongeyeho ati “Ikindi dusaba ni uko abaturage bagira umutuzo bagakomeza imirimo yabo bakoraga kuko iyi ndwara itandukanye n’izindi twahanganye na zo nka COVID-19 cyangwa izindi kuko yo ntabwo yandurira mu mwuka. Binasobanuye ko ari ngombwa kwirinda gukoranaho, ibyo bijyana n’isuku.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Nsanzimana Sabin, yavuze ko n’ubwo ari ubwa mbere Virusi ya Marburg igaragaye mu Rwanda ariko yari isanzwe izwi kuko yagiye iboneka mu bihugu bitandukanye ndetse hamaze kubaho ibyorezo 13 biyishamikiyeho.

Ati “Iyi virusi ikunda kuva mu nyamaswa, inkende cyangwa uducurama. Rero iyo igeze ku muntu hagati y’iminsi itatu na 21, ashobora kuba yagaragaje ibimenyetso.”

Minisitiri Dr Nsanzimana yavuze ko kugeza ubu hari abantu 6 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo cya Marburg,  aho abagera kuri 20 bayigaragayeho.

Abantu 300 ni bo bamaze kumenyekana ko bahuye n’abarwaye Marburg.

Ibimenyetso by’ugaragayeho iki cyorezo cya Marburg ni ukugira umuriro ukabije, kurwara umutwe cyane, kubabara mu ngingo no mu mikaya ndetse no gucika intege.

Minisiteri y’Ubuzima isaba Abanyarwanda muri rusange, ugaragayeho ibyo bimenyetso yakwihutira kujya kwa muganga akirinda gukomeza akazi cyangwa ahura na bantu benshi.

Mu buryo bwo kuyirinda ni ukugira isuku muri rusange, umuntu akaraba intoki inshuro zishoboka, yirinda gusuhuzanya bya hato na hato.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago