RWANDA

Gusura abarwayi mu mavuriro byahagaritswe, gushyingura ntibigomba kurenza abantu 50, amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg

Kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, mugihe u Rwanda rukomeje ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Marburg mu baturarwanda, Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho amabwiriza mashya arimo ko gusura mu mavuriro byahagaritswe.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda badakwiriye gukuka imitima kubera icyorezo cya Marburg ko bakwiriye gukomeza imirimo yabo nk’uko bisanzwe ariko bakita ku isuku no gukaraba intoki n’amazi neza n’isabune.

Mu mabwiriza mashya iyi Minisiteri ivuga mu rwego rwo kwirinda ubucucike mu mavuriro, gusura abarwayi mu mavuriro yose bibaye bihagaritswe mu gihe cy’iminsi 14.

Umurwayi yemerewe kugira umurwaza umwe ushobora gusimburwa.

Amavuriro yose asabwa kugena uburyo bwihariye bwo kwakira abarwayi baje bagaragaza ibimenyetso bisa n’ibya Marburg bakoresha uburyo bwo kwirinda bwagenwe buzwi nka ‘IPC’.

Igihe uwapfuye azize Marburg, nta kiriyo gikorwa gihuza abantu benshi mu rugo kugira ngo hirindwe ikwirakwizwa ry’icyorezo ku bagize umuryango n’ababatabaye.

Gushyingura uwazize Marburg byitabirwa n’abantu batarenze 50.

Birabujijwe gukorera imihango yo gusezera ku witabye Imana mu ngo, mu nsengero no mu misigiti, iyo mihango izajya ibera ku bitaro ahabugenewe kandi nabwo yitabirwe n’abantu bagenwe.

Minisiteri y’Ubuzima yongera kwibutsa Abanyarwanda ko bishoboka ko kurwanya iki cyorezo, mugihe bakurikirije amabwiriza arimo kwirinda kwegerana cyane cyangwa gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso. Gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune.

Ibimenyetso by’ingenzi by’uwanduye icyorezo cya Marburg harimo kugira umuriro ukabije, kubabara umutwe bikabije, kubabara imikaya, gucibwamo no kuruka.

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

1 day ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

1 day ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

2 days ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

2 days ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

2 days ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

3 days ago