RWANDA

Gusura abarwayi mu mavuriro byahagaritswe, gushyingura ntibigomba kurenza abantu 50, amabwiriza mashya yo kwirinda Marburg

Kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, mugihe u Rwanda rukomeje ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Marburg mu baturarwanda, Minisiteri y’Ubuzima yashyizeho amabwiriza mashya arimo ko gusura mu mavuriro byahagaritswe.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko Abanyarwanda badakwiriye gukuka imitima kubera icyorezo cya Marburg ko bakwiriye gukomeza imirimo yabo nk’uko bisanzwe ariko bakita ku isuku no gukaraba intoki n’amazi neza n’isabune.

Mu mabwiriza mashya iyi Minisiteri ivuga mu rwego rwo kwirinda ubucucike mu mavuriro, gusura abarwayi mu mavuriro yose bibaye bihagaritswe mu gihe cy’iminsi 14.

Umurwayi yemerewe kugira umurwaza umwe ushobora gusimburwa.

Amavuriro yose asabwa kugena uburyo bwihariye bwo kwakira abarwayi baje bagaragaza ibimenyetso bisa n’ibya Marburg bakoresha uburyo bwo kwirinda bwagenwe buzwi nka ‘IPC’.

Igihe uwapfuye azize Marburg, nta kiriyo gikorwa gihuza abantu benshi mu rugo kugira ngo hirindwe ikwirakwizwa ry’icyorezo ku bagize umuryango n’ababatabaye.

Gushyingura uwazize Marburg byitabirwa n’abantu batarenze 50.

Birabujijwe gukorera imihango yo gusezera ku witabye Imana mu ngo, mu nsengero no mu misigiti, iyo mihango izajya ibera ku bitaro ahabugenewe kandi nabwo yitabirwe n’abantu bagenwe.

Minisiteri y’Ubuzima yongera kwibutsa Abanyarwanda ko bishoboka ko kurwanya iki cyorezo, mugihe bakurikirije amabwiriza arimo kwirinda kwegerana cyane cyangwa gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso. Gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune.

Ibimenyetso by’ingenzi by’uwanduye icyorezo cya Marburg harimo kugira umuriro ukabije, kubabara umutwe bikabije, kubabara imikaya, gucibwamo no kuruka.

Christian

Recent Posts

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w'ikipe y'igihugu 'Amavubi' Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike…

2 days ago

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago