POLITIKE

Perezida Tshisekedi agiye guhura na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame nyuma y’igihe kinini

Nyuma y’igihe kinini abakuru b’ibihugu aribo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Antoine Tshisekedi bagiye guhurira i Paris mu Bufaransa aho bazakirwa na Perezida Emmanuel Macron w’iki gihugu.

Advertisements

Abakuru b’ibihugu bombi bategerejwe mu nama ya 19 y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (La Francophonie). Ni inama iteganyijwe kubera i Villers-Cotterêts hagati y’itariki ya 4 n’iya 5 z’ukwezi gutaha k’Ukwakira.

Byitezwe ko usibye imirimo y’iyi nama, Perezida Macron azakira ba Perezida Kagame na Tshisekedi; ariko buri wese ukwe.

Ikibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa RDC cyatumye umubano w’iki gihugu n’u Rwanda uzamba kiri mu byo Macron azaganiraho n’abakuru b’ibihugu byombi.

Perezida w’u Bufaransa nk’uko Africa Intelligence yabitangaje ngo arashaka kumvisha ba Perezida Kagame na Tshisekedi kubahiriza ibimaze igihe biganirwaho mu biganiro bya Nairobi na Luanda.

Perezida Emmanuel Macron yiteguye kwakira abakuru b’ibihugu barmo Tshisekedi na Paul Kagame

Mu byo Kinshasa imaze igihe isabwa harimo kujya mu biganiro n’umutwe wa M23 bamaze igihe barwana; nk’inzira yo gukemura amakimbirane amaze igihe hagati y’impande zombi.

RDC ishinja u Rwanda kuba ari rwo rufasha uriya mutwe; ibyo itanga nk’impamvu idashobora kuganira na wo iruretse.

Perezida Macron muri Werurwe 2023 ubwo yasuraga RDC, yasabye iki gihugu kureka kwegeka intege nke zacyo ku bandi, yibutsa abanye-Congo ko ari bo bafite umuti w’ibibazo byabo.

Umukuru w’igihugu cya RDC, Félix Tshisekedi na Perezida Paul Kagame ntibaherukaga guhura mu nama, dore ko akenshi muri izo nama, habaga hoherejwe aba bahagarariye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago